skol

Kim Jong Un agiye guhurira na Putin mu karasisi k’Ingabo z’u Bushinwa

Yanditswe: Thursday 28, Aug 2025

featured-image

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, azitabira akarasisi k’Ingabo z’u Bushinwa [PLA] mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 Intambara ya Kabiri y’Isi irangiye.

Uyu muhango uzabera i Beijing ku ya 3 Nzeri 2025, uzanitabirwa na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, aho bazaba bari kumwe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping.

Muri uyu muhango biteganyijwe ko u Bushinwa buzamurika intwaro zidasanzwe bufite, zirimo n’izizaba zerekanwe ku nshuro ya mbere.

Akarasisi kazamara iminota 70, kazabera Tiananmen Square.

Ni ubwa mbere kuva mu 1959 Perezida wa Koreya ya Ruguru yitabiriye umuhango nk’uyu, bikaba ari intambwe ikomeye mu rwego rwa politiki n’ububanyi n’amahanga.

Bwa nyuma iki gihugu cyari gihagarariwe mu birori nk’ibi, hari mu 2015 ubwo hoherezwaga intumwa yacyo.

U Bushinwa bwavuze ko uru ruzinduko rushingiye “ku mubano umaze igihe hagati y’impande zombi.”

Abakuru b’ibihugu benshi mu Burengerazuba bw’Isi ntibazitabira aka karasisi kubera ko badashyigikiye u Burusiya bwamaze kugaragaza ko buzaba buhagarariwe, bishingiye ku ntambara yabwo na Ukraine.

Icyakora abayobozi b’ibihugu bifitanye umubano mwiza n’u Bushinwa nka Indonesia, Malaysia, na Myanmar bamaze gutangaza ko bazaba bari muri uyu muhango. Perezida wa Koreya y’Epfo ntaratangaza niba azawitabira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa