Kinshasa: Gen Franck Ntumba na Ndaywel boherejwe muri gereza
Yanditswe: Thursday 08, Jan 2026
Gen Franck Ntumba Buamunda wahoze ari umuyobozi w’ibiro bishinzwe igisirikare mu ngoro ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Gen Maj Christian Ndaywel Okura wayoboye urwego rw’ubutasi bwa gisirikare, boherejwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo.
Gen Ntumba yatawe muri yombi muri Nyakanga 2025, Ndaywel atabwa muri yombi muri Kanama uwo mwaka, nyuma y’igihe gito avuye mu rwego rw’ubutasi. Babanje gufungirwa muri kasho y’Inama Nkuru y’Igihugu ishinzwe umutekano, mu gihe bakorwagaho iperereza.
Nyuma y’amezi aba bofisiye bafungiwe muri ibi biro, ku wa 7 Mutarama 2026 boherejwe muri gereza ya gisirikare, ibishimangira ko dosiye yabo izakomereza mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare rwa Kinshasa.
Hari abandi bofisiye bakuru bivugwa ko baraye muri gereza ya Ndolo barimo: Brig Gen Benjamin Katende Batubadila, Brig Gen Antoine Longondjo Lobandi, Col Jules Boele Bagolome na Maj Jean-Lambert Embole Ngondili.
Aba basirikare bakurikiranyweho ibyaha birimo umugambi wo kugirira nabi Umukuru w’Igihugu, kugambanira igihugu binyuze mu guha amakuru y’ubutasi abo hanze, kugerageza kwica, gukwirakwiza amakuru y’ibihuha no kutubahiriza amabwiriza y’ababakuriye.
Gen Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC, umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi mu bya gisirikare n’Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zishinzwe umutekano w’abayobozi bakuru, we aracyafungiwe muri kasho y’Inama Nkuru y’Umutekano.
Gen Tshiwewe yavuzweho umugambi wo gushaka kwica Perezida Tshisekedi. Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi, Augustin Kabuya, yahishuye ko uyu musirikare yemera iki cyaha.
Impuguke mu bijyanye n’igisirikare yanabaye umujyanama mu mavugurura y’urwego rwa RDC rushinzwe iperereza, Jean-Jacques Wondo, ahamya ko mu bofisiye bakuru bamaze igihe bafungiwe i Kinshasa, abenshi barengana.
Yagize ati “Benshi muri bo ntibafunzwe kubera ko hari ibimenyetso, ahubwo ni nk’uburyo bwo kwihimura cyangwa guhimba ibirego, hagamijwe mbere na mbere kubahagarika no kubakura burundu mu nzego zifata ibyemezo bya gisirikare.”
Mu bo Wondo yagaragaje ko bashobora kuba barengana harimo Gen Freddy Kalume na we washinjwe kugira uruhare mu mugambi wo kugirira nabi Perezida Tshisekedi, Gen Maj Frank Ngama Lebe na Gen Dieudonné Mutupeke Kiamata.
Gen Ntumba (hagati) na Gen Maj Ndaywel (iburyo) baraye muri Gereza ya Ndolo
Gen Christian Tshiwewe we aracyari muri kasho y’Inama Nkuru y’Umutekano


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *