Mu mwaka ushize abagabo 626 bo mu Bwongereza bibagishije ibitsina hagamijwe ko bakongera kubona akanyabugabo kabafasha kwitwara neza mu gitanda.
Bakoresheje ibizwi nka ‘penis prosthesis’. Muri ubu buryo uvurwa bamushyiramo agakoresho gafasha guhangana n’ikibazo cyo kudahaguruka kw’igitsina mu gihe ubundi buryo bw’ubuvuzi bwanze.
Ubu buryo bw’ubuvuzi busa nk’aho ari bushya butwara ikigo cy’u Bwongereza gishinzwe ubuzima (NHS) miliyoni 5 z’Amapawundi (arenga miliyari 9,8 Frw) mu gufasha abagabo kongera kwitwa neza mu gitanda bakagera ku bushobozi bwabo.
Ni ikibazo gikomeje gukura kuko NHS ibarura abantu 2.359 bibagishije hagamijwe gukosora iki kibazo mu Bwongereza mu myaka itanu.
Iki kibazo gikomeje gufata indi ntera kubera abakuze baba bashaka ko nubwo bakuze ariko ubushobozi bwabo mu gutera akabariro bugumaho, ariko bakibagirwa ko usaza biba mu nguni zose.
Icyakora si ku basaza gusa kuko iki kibazo cyo kwishaka ukibura cyangera no mu bakiri bato mu Bwongereza, icyakora bikababaho cyane bafite uburwayi.
Abantu 626 bakoresheje ubu bwoko bw’ubuvuzi mu mwaka umwe kugeza muri Mata 2025 ni wo mubare munini wabayeho kuko bari bavuye kuri 607 mu mezi 12 yari yabanje.
Icyakora kuva muri Mata 2020 kugeza muri Mata 2022 abaganga bafashije abantu 171.
Impuzanegengo y’abajya kwibagisha hagamije gukomeza ubushobozi bwo gutera akabariro ni abafite imyaka 58.
Icyakora hari abantu bane bafashijwe bafite imyaka 20 n’abandi 25 bari mu myaka ya za 30 y’ubukure. Bose bafashwa gushyirwamo aka gakoresho mu gitsina kakabafasha guhora bishaka bakibona. Ni agakoresho kaba kanagondwa.
Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko ubu buryo bw’ubuvuzi bufasha cyane abagabo mu kwigarurira icyizera no guteza imbere ubuzima bwabo.
Inzobere mu bijyanye n’indwara z’abagabo, yo mu bitaro bya London Bridge, Gordon Muir, ati “Benshi muri aba bagabo baba bafite ibibazo bitandukanye nka kanseri ya prostate na diabete. Ntako bisa kubona NHS yarashyizeho ubu buryo bw’ubuvuzi.”
Ubundi buryo bw’ubu buvuzi bashyira ‘pompe’ mu bugabo bwo hasi, gatuma igitsina cy’umugabo cyuzuramo amazi ubundi kigahagarara agashimisha uwo bari kumwe mu gitanda. Ubu buryo butrwara Amapawundi 8.328 (miliyoni 16 Frw) inshuro imwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *