skol

Kuki Leta y’u Burundi iri kwicisha impunzi z’Abanye-Congo?

Yanditswe: Monday 12, Jan 2026

featured-image

Leta y’u Burundi iri kubuza nkana ibihumbi by’impunzi z’Abanye-Congo gutaha ku bushake mu gihe umutekano wo mu bice ihuriro AFC/M23 rigenzura muri teritwari ya Uvira wamaze kugaruka.

Impunzi z’Abanye-Congo zirenga ibihumbi 101 zuzuye mu nkambi z’agateganyo mu bice birimo Muyinga, Cibitoke, Rumonge Gatumba na Bubanza. Nta byo kurya bihagije, ubuvuzi cyangwa ibindi byangombwa nkenerwa.

Zakari Moluh ushinzwe guhuza ibikorwa by’umuryango MSF mu nkambi ya Ndava muri Cibitoke, yatangaje ko ubuzima bw’impunzi z’Abanye-Congo bwazambye cyane mu buryo buteye ubwoba.

Yagize ati “Inkambi iruzuye. Imiryango iri guhatirwa kubana mu mahema, hasi ni ibyondo kandi abantu bari gusaranganya icupa rya litiro ebyiri z’amazi. Ibyo kurya ni nk’aho bidahari.”

Tariki ya 5 Mutarama, umuryango CPCC uharanira amahoro n’umubano w’abantu watangaje ko impunzi 105 z’Abanye-Congo zapfiriye mu nkambi z’agateganyo zo mu Burundi mu byumweru bibiri gusa.

CPCC yasobanuye ko impfu nyinshi z’impunzi zatewe no kubura ahantu heza ho kurara, kubura ubuvuzi n’imirire mibi, ariko ko hari n’izatewe n’Abarundi bari bafite intwaro gakondo zirimo imyambi.

Kugeza ubu, ntacyo Leta y’u Burundi iravuga kuri ubu bugizi bwa nabi cyangwa ngo itangire iperereza ryatuma abishe izi mpunzi bakurikiranwa n’ubutabera.

Bivugwa ko inzego z’umutekano z’u Burundi zakubise impunzi z’Abanye-Congo zigera kuri 20, zihasiga ubuzima. Zaziraga ko zanze kwimurirwa mu nkambi ya Ruyigi, zivuye mu y’agateganyo hafi y’umupaka.

Leta y’u Burundi iri kugumisha nkana impunzi z’Abanye-Congo muri ubu buzima bugoye, igamije gushyigikira Leta ya RDC ivuga ko ibice bigenzurwa na AFC/M23 bidatekanye kandi ko abarwanyi b’iri huriro ari bo bateje ubuhunzi.

Hari iyi mvugo mu gihe hari ibimenyetso bifatika bigaragaza ko abasivili basubiye mu bice bigenzurwa na AFC/M23 batekanye kandi ko babayeho mu buzima busanzwe; bahinga, borora cyangwa bacuruza.

Leta y’u Burundi ivuga ko iri kurinda impunzi zari zugarijwe n’umutekano muke, nyamara iziri gupfira ku butaka bw’u Burundi ni nyinshi cyane, kandi hari impungenge ko impfu zizakomeza kwiyongera mu gihe zitafungurirwa umupaka wa Gatumba na Vugizo kugira ngo batahe.

Hari impunzi z’Abanye-Congo zafashe icyemezo cyo kwambuka mu buryo bunyuranyije n’amategeko, zimwe zinyura mu ruzi rwa Rusizi, izindi zihitamo guha abashinzwe umutekano ruswa kugira ngo bazemerere kwambuka.

Impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Gentil Mulume, yatangaje ko impunzi nyinshi z’Abanye-Congo zishaka gutaha ariko ko Leta y’u Burundi idashaka kuzifungurira inzira.

Ati “Bagenzi bacu benshi bagaragaje ko bashaka gutaha mu rugo ku bushake ariko bari kubuzwa kuva mu nkambi, hirengagijwe amahame shingiro y’ubutabazi n’itegeko rirengera impunzi. Turasaba Leta y’u Burundi gufungurira inzira impunzi z’Abanye-Congo zishaka gutaha ku bushake kandi mu mutekano. Bagenzi bacu si imfungwa z’intambara, si abanyabyaha kandi ntibakatiwe urwo gupfa.”

Bigaragara ko ikibazo cy’impunzi z’Abanye-Congo atari icy’ubutabazi nk’uko Leta y’u Burundi ibigaragaza, ahubwo ni icya politiki kandi gishobora kwirindwa. Perezida Evariste Ndayishimiye na Félix Tshisekedi bari gukina n’ubuzima bw’Abanye-Congo bakoresheje politiki y’ubugome; ibigize ibyaha byibasira inyokomuntu.

Loni igaragaza ko mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, u Burundi bwakiriye impunzi z’Abanye-Congo zirenga ibihumbi 101

Inkambi z’agateganyo izi mpunzi zashyizweho ziracucitse bikabije

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa