skol

London: Umugabo wa depite ari mu bafashwe bashinjwa kuba intasi z’u Bushinwa

Yanditswe: Wednesday 04, Mar 2026

featured-image

Mu gihugu cy’u Bwongereza abagabo batatu batawe muri yombi bakekwaho kuba intasi z’u Bushinwa, aho BBC yabwiwe ko umwe muri bo ari umufatanyabikorwa w’umudepite wo mu Ishyaka ry’Abakozi.

Polisi y’umujyi cyatangaje ko aba bagabo bafite imyaka 39, 43 na 68, bafatiwe i Londres na Wales mu rwego rw’iperereza ry’Igipolisi gishinzwe kurwanya iterabwoba hagendewe ku itegeko ryo kurinda umutekano w’igihugu.

Yongeyeho ko nta “kibazo cyegereje cyangwa kitaziguye ku baturage”, kandi aba bakekwa uko ari batatu bafunzwe.

Minisitiri w’umutekano Dan Jarvis yavuze ko u Bwongereza “butazagurana umutekano kugera ku ubukungu”.

Mu rwego rw’iperereza, isaka ryakorewe mu duce tw’i Londres, twa Kilbride y’Iburasirazuba na Cardiff.

Aba bagabo bashinjwa n’Igipolisi gufasha urwego rw’ubutasi rw’amahanga hakurikijwe ingingo ya gatatu y’itegeko ryo kurinda umutekano w’igihugu, ryashyizweho mu 2023 hagamijwe gukurikirana abakekwaho icyaha cyo kubangamira inyungu z’u Bwongereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa