Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNCHR, ryemeje ko impunzi zirenga 50 zikomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zimaze gupfira mu Burundi.
Loni yatangaje ko abaguye mu Burundi ari 53 barimo 25 bishwe na Cholera, batandatu bishwa no kubura amaraso n’izindi ndwara zishingiye ku mirire mibi.
Impunzi zirenga ibihumbi 100 zahungiye mu Burundi kuva imirwano y’ingabo za Leta n’ihuriro rya AFC/M23 yatangira by’umwihariko mu bice byo mu kibaya cya Rusizi/Ruzizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, birimo Luvungi, Sange, Luberizi, Lubarika, Kiliba; abandi bava mu mujyi wa Uvira hatabaye imirwano.
Ni imirwano yabaye mu Ukuboza 2025. Yasize Umujyi wa Uvira wigaruriwe na AFC/M23 yaje kuwuvamo ibisabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 18 Ukuboza 2025.
Leta y’u Burundi ihamya ko umubare w’impunzi z’Abanye-Congo warenze cyane ubushobozi bw’inkambi zicumbikiwemo zo hafi y’umupaka. Kubona ibyo kuzigaburira ni ikibazo kandi inyinshi zibasirwa n’indwara ya Cholera iterwa n’umwanda.
Nubwo Loni yemeje ko abamaze gupfa ari 53 hari andi makuru yatangajwe n’Umuryango CPCC uharanira amahoro n’umubano mwiza w’abaturage watangaje ko impunzi 105 z’Abanye-Congo zapfiriye mu nkambi zo mu Burundi mu byumweru bibiri bishize, biturutse ahanini ku kubura ibiribwa n’ubuvuzi.
Ku wa 5 Mutarama 2026, Umuyobozi w’uyu muryango, Ahadi Bya Masu, yatangarije Radio Okapi ko hari n’impunzi zagabweho ibitero n’abagizi ba nabi ubwo zari mu nkambi zo mu Burundi, zihasiga ubuzima.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *