Nyuma y’imirwano ikomeye yabaye ku cyumweru, amakuru atandukanye aremeza ko umutwe wa M23 ugenzura agace ka Maimingi ya Mbere na Maimingi ya Kabiri muri teritwari ya Shabunda, Intara ya Kivu y’Amajyepfo.
Sosiyete Sivile ya Shabunda ivuga ko iyi mirwano hagati ya M23 na FARDC, ifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo, yatangiye mu gitondo kare ku cyumweru, imara amasaha macye mbere y’uko ihuriro rya Leta ryiruka.
Ibinyamakuru muri DR Congo bivuga ko kwinjira kwa M23 muri teritwari ya Shabunda ari ikintu gikomeye, kuko ari ahantu h’ingenzi.
Ikinyamakuru Tazama RDC kivuga ko Maimingi zombi ari two duce twa mbere twa Shabunda twafashwe na M23 kuva imirwano yayo n’uruhande rwa Leta yakubura mu mpera za 2021.
Nyuma y’inkuru zemeza ko M23 yinjiye muri Shabunda, Sumaili Miseka Emile, umudepite wa Shabunda, yasabye Leta gukora ibishoboka byose kugira ngo babahavane.
Yavuze ko kugera ku bukungu bw’ibirombe byo muri Shabunda, ikungahaye ku mabuye menshi arimo zahabu, nta kabuza bizaha imbaraga kurushaho abo barwanyi.
Imirwano yabaye nyuma y’amasaha macye muri Qatar, intumwa za RDC n’iza AFC/M23 zisinye amasezerano akubiyemo ingingo 8 zizaganirwaho kugira ngo hasinywe amasezerano ya burundu y’amahoro hagati y’izi mpande zombi.
Ni amasezerano asanze andi menshi ataratanze umusaruro, kuko Leta ya Congo ikomeza kugaba ibitero by’indege z’intambara na drone mu bice bigenzurwa na AFC/M23, bikururira aba barwanyi gukurikirana aho abo bahangana baturuka bakahigarurira.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *