skol
fortebet

Marco Rubio yashinje urukiko mpuzamahanga mpanabyaha guhungabanya ubusugire bwa Amerika

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 14, Jul 2026

Marco Rubio yashinje urukiko mpuzamahanga mpanabyaha guhungabanya ubusugire bwa Amerika

Sponsored Ad

skol

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yashinje Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) guhungabanya ubusugire bw’igihugu cye no kugaba "intambara" kuri Amerika binyuze mu mategeko mpuzamahanga.

Mu butumwa yatanze ku wa Mbere tariki 13 Nyakanga 2026, Rubio yavuze ko ICC n’abayishyigikiye batari kurwana bakoresheje amasasu cyangwa ibisasu, ahubwo bakoresha amategeko, amasezerano mpuzamahanga n’icyo yise "amategeko mpuzamahanga" mu kugerageza kugabanya ububasha bwa Amerika.

Yagize ati: "ICC n’abafatanyabikorwa bayo bari kurwana intambara ku gihugu cyacu, si intambara y’amasasu cyangwa ibisasu, ahubwo ni iy’amategeko, amasezerano n’icyo bita amategeko mpuzamahanga."

Rubio yavuze ko ICC yahindutse urwego rwiyitirira ububasha bwo gusobanura amategeko mashya y’isi, avuga ko rwiyemeje kugira ububasha bwo gukurikirana no gufata Abanyamerika igihe rubishakiye.

Yakomeje avuga ko uru rukiko rwarenze kure ibyo rwari rwarasezeranyije igihe rwashingwaga, arushinja kuyoborwa n’abo yise "abakozi b’inzego mpuzamahanga badatorwa n’abaturage" bavuga ko bafite ububasha butagira umupaka.

Yasoje ashimangira ko ibibazo baterwa na ICC bikomeje kwiyongera, yongeraho ko Abanyamerika batigeze bemera ububasha bw’uru rukiko kandi ko batazigera babwemera.

Aya magambo ya Rubio agaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje kunenga ibikorwa bya ICC no kwamagana ububasha bwayo ku baturage ba Amerika, mu gihe Amerika itari mu bihugu byemeje Amasezerano ya Roma yashyizeho uru rukiko.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa