skol
fortebet

Mexique: Umunyamakuru Luis Ángel López Valdez yishwe arashwe mu gihe cy’Igikombe cy’Isi

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Friday 12, Jun 2026

Mexique: Umunyamakuru Luis Ángel López Valdez yishwe arashwe mu gihe cy'Igikombe cy'Isi

Sponsored Ad

skol

Umunyamakuru wo muri Mexique, Luis Ángel López Valdez, yishwe arashwe n’abagizi ba nabi mu mujyi wa Poza Rica, uherereye muri Leta ya Veracruz.

López Valdez yakoreraga ikinyamakuru Vanguardia de Veracruz ndetse anayobora urubuga rw’amakuru rwitwa Reportaje Policiaco Veracruzano. Yagabweho igitero ku manywa y’ihangu, aho yarasiwe mu ruhame n’abataramenyekana.

Abashinzwe umutekano batangaje ko kugeza ubu impamvu y’ubu bwicanyi itarasobanuka, ariko ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ababugizemo uruhare n’icyabateye gukora icyo gikorwa.

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’abanyamakuru, Reporters Without Borders, wagaragaje impungenge zawo kuri uru rupfu, uvuga ko ari ikimenyetso gikomeje kugaragaza ibibazo by’umutekano muke ku banyamakuru muri Mexique. Uwo muryango uvuga ko mu myaka irenga makumyabiri ishize, abanyamakuru benshi bamaze kwicwa cyangwa bakaburirwa irengero muri icyo gihugu.

Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum, yavuze ko inzego za leta n’iz’intara ya Veracruz zashyize imbaraga hamwe mu gukora iperereza ryimbitse kuri uru rupfu, ashimangira ko abazagaragaraho uruhare bazagezwa imbere y’ubutabera.

Ibi bibaye mu gihe Mexique iri mu maso y’Isi yose kubera kwakira imwe mu mikino y’itangiriro y’2026 FIFA World Cup, ibintu byatumye uru rupfu rw’umunyamakuru rukurura ibitekerezo byinshi haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa