skol

U Bwongereza bwijeje Abayahudi kubarinda nyuma y’igitero bagabweho i Manchester

Yanditswe: Friday 03, Oct 2025

featured-image

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, yasezeranyije ko azakora ibishoboka byose mu kurengera abaturage b’Abayahudi, nyuma y’igitero cy’ubwicanyi cyabereye ku rusengero rw’Abayahudi rwa Heaton Park Synagogue, ruri i Crumpsall, mu majyaruguru ya Manchester, aho abantu babiri bahasize ubuzima abandi bane bakajyanwa mu bitaro.

Iki gitero cyabaye ku munsi wera cyane ku Bayahudi uzwi nka Yom Kippur. Cyakozwe n’umugabo witwa Jihad Al-Shamie w’imyaka 35, wakoresheje icyuma mu guhitana ubuzima bw’inzirakarengane. Polisi yahise imurasa arapfa, ariko yavuze ko hari abandi bantu batatu bakurikiranyweho uruhare muri ibi bikorwa barimo abagabo babiri bafite mu myaka ya za 30 n’umugore ufite imyaka 60.

Sir Keir Starmer yamaganye uwagabye iki gitero amwita “umuntu wuzuye ubugome n’urwango”, anihanganisha imiryango yabuze ababo ndetse ashima inzego z’ubutabazi zihutiye kugoboka.

Mu butumwa bwamaze gushyirwa hanze, yagize ati: “Ndabizi ko mufite ubwoba bwinshi mu mitima yanyu… ariko ntimukwiye kubaho muri ubwo bwoba. Ndabasezeranya ko nzakora ibishoboka byose kugira ngo mbahe umutekano mukwiye, harimo kongera umubare w’abapolisi ku mihanda no kurinda amatorero yanyu.”

Yakomeje avuga ko urwango rwibasira Abayahudi ruri kongera kwiyongera, ashimangira ko u Bwongereza bugomba kongera kubutsinda nk’uko bwabikoze mu bihe byashize.

Mu rwego rwo kwita kuri iki kibazo, Minisitiri w’Intebe yahise agaruka mu gihugu avuye mu nama yaberaga muri Denmark maze ayobora inama yihutirwa ya Cobra ku rwego rw’igihugu, igamije kwiga ku buryo bwo guhangana n’ingaruka z’iki gitero. Abayobozi benshi mu gihugu n’inshuti z’u Bwongereza hirya no hino ku isi batangaje amagambo y’ihumure no kwamagana ibikorwa nk’ibi.

Umwami Charles III n’umwamikazi Camilla batangaje ko “bababajwe cyane kandi batunguwe” no kumva aya makuru mabi, cyane cyane kuba byabaye ku munsi ukomeye cyane ku Bayahudi. Na we yashimye ubutwari bw’inzego z’umutekano n’ubutabazi.

Ku ruhande rwa Israel, Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yamaganye iki gitero acyita “icyaha cy’ubugizi bwa nabi n’ubugome ndengakamere”, anavuga ko intege nke mu kurwanya iterabwoba ari byo bikomeza kuryongera. Yasabye ubumwe n’imbaraga nk’inzira yonyine yo kuritsinda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Sa’ar, we yashinje guverinoma y’u Bwongereza kunanirwa guhashya “urwango rwibasira Abayahudi n’ivangura rirwanya Israel rikomeje gukwirakwira”, asaba Minisitiri w’Intebe Starmer gukora byinshi birenze amagambo.

Ubundi butumwa bw’ihumure bwatanzwe n’imiryango y’Abayahudi ndetse n’abayobozi b’amadini atandukanye mu Bwongereza. Umuyobozi w’Inama y’Abarabu b’i Burayi, Pinchas Goldschmidt, yasabye ko hakorwa byinshi mu guhashya “amahame y’ubwicanyi n’irondabwoko”.

Yagize ati: “Abayahudi bo mu mujyi wa Manchester bari bategereje gusenga mu gitondo, ariko baburira ubuzima bwabo mu rusengero rwabo.”

Ephraim Mirvis, yavuze ko iki gitero ari “umunsi twifuzaga ko tutazigera tubona, ariko twari tuzi ko bishobora kuza kubaho”. Yongeyeho ko ari “ingaruka z’urwango rukabije rwibasira Abayahudi ku mihanda, mu mashuri makuru, ku mbuga nkoranyambaga no mu bindi bice.”

Amashyirahamwe y’Abayahudi mu Bwongereza, arimo Board of Deputies of British Jews na Jewish Leadership Council, yatangaje ko ababajwe bikomeye no kubura abantu babiri b’icyubahiro mu muryango wabo, anihanganisha imiryango yabo n’abakomeretse.

Abayobozi b’amadini y’Abayisilamu n’Abakristo bo mu Bwongereza na bo bagiye batangaza ko bashyigikiye Abayahudi, bakamagana urwango n’amacakubiri. Imam Qari Asim yavuze ko “igisubizo cy’ibibazo byo mu Burasirazuba bwo Hagati kitagomba kuburizwamo na kohereza urwango ku mihanda yo mu Bwongereza”, mu gihe Archbishop wa York yasabye ko abantu bose kubana mu rukundo n’ubwubahane.

Ku ruhande rwa politiki, abayobozi b’amashyaka atandukanye mu Bwongereza bose bagaragaje agahinda gakomeye no kwamagana iki gitero.

Meya wa Greater Manchester, Andy Burnham, yavuze ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo abaturage bagire umutekano kandi ko bashyigikiye umuryango w’Abayahudi muri iki gihe.

Abandi bayobozi barimo Kemi Badenoch wo mu ishyaka rya Conservative, Ed Davey wo mu Liberal Democrats, Nigel Farage wo muri Reform UK na Zack Polanski wo mu ishyaka rya Green Party, bose bashimangiye ko iki gitero ari icyaha cy’urwango gikwiye kwamaganwa mu buryo bukomeye.

Iki gitero cyabaye ku munsi wa Yom Kippur, umunsi w’isengesho ryo gusaba imbabazi, aho Abayahudi bemera ko ari umunsi Imana ishyiraho umwanzuro ku mibereho y’umuntu mu myaka iri imbere. Ni umunsi benshi bitabira insengero, ndetse n’abatabikora kenshi bagahitamo kuwubahiriza.

Kubera ubusobanuro bukomeye bw’uyu munsi, iki gitero cyateye inkeke n’akababaro gakomeye mu muryango w’Abayahudi no ku isi yose.

U Bwongereza bwijeje Abayahudi bahatuye umutekano usesuye nyuma y’igiteraho bagabweho i Manchester

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa