skol
fortebet

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yavuze ko batazakangwa n’igitutu

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Friday 08, May 2026

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Iran yavuze ko batazakangwa n'igitutu

Sponsored Ad

skol

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yavuze ko Irani itazigera itsindwa kubera igitutu icyo ari cyo cyose, ashimangira ko igihe cyose hakozwe ibishoboka byose kugira ngo haboneke igisubizo cya dipolomasi,ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zihitamo inzira y’ibikorwa bya gisirikare ziteza akaga gakomeye.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Araghchi yibajije niba izi ngamba ari amayeri yo gushyira igitutu cya politiki kuri Iran cyangwa ari umugambi mubi wo gushyira Perezida wa Amerika mu kaga gashya katazigera karangira.

Yavuze ko, uko impamvu yaba iri ko kose, umusaruro ukomeza kuba umwe, ko "Abanya-Irani badaterwa ubwoba n’igitutu."

Minisitiri Abbas Araghchi yanahakanye imibare yatangajwe n’ikigo cy’ubutasi cya Amerika, CIA, ku bijyanye n’ububiko bwa misile za Iran, avuga ko atari yo.

Yavuze ko ububiko bwa misile n’uburyo bwo kurasa intwaro muri Iran butageze kuri 75 ku ijana nk’uko byavuzwe ku ya 28 Gashyantare(2), ahubwo ko ari 120 ku ijana.

Iri tangazo ryatangajwe nyuma y’amakimbirane ya gisirikare hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran mu gace kumuhora wa Hormuz mu ijoro ryakeye.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuze ko zagabye ibitero ku birindiro bya gisirikare biri imbere muri Iran, mu rwego rwo kwihimura ku bitero byagabwe ku mato y’Abanyamerika mu nzira ikomeye ya Hormuz.

Ariko, Perezida wa Amerika Donald Trump yaje kuvuga ko nubwo habayeho imirwano hagati y’ibihugu byombi, amasezerano yo guhagarika imirwano aracyakurikizwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa