Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko misile ebyiri zarashwe ku basirikare bayo bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Liban (UNIFIL) ku wa 6 Werurwe 2026, hakomereka babiri, undi agira ihungabana.
Itangazo ry’iki gisirikare rivuga ko izi misile zaguye ku kigo cya Al-Ouwzah kiri mu majyepfo ya Liban mu gihe Uburasirazuba bwo Hagati bukomeje kuberamo intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bihanganyemo na Iran.
Iyi nkuru yakuye umutima abaturage n’imiryango y’abasirikare ba Ghana, dore ko iki gihugu ari kimwe mu bifite abasirikare benshi mu butumwa bwa UNIFIL muri Liban.
Leta ya Ghana yavuze ko iri gukurikiranira hafi uko umutekano w’abasirikare bayo bari muri Liban uhagaze, kandi ko yamaze kugeza ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye ubutumwa bwamagana ibitero byibasira ingabo zayo.
Loni na yo yasohoye itangazo ryamagana ibi bitero, igaragaza ko abasirikare bari mu butumwa bwayo batagomba kwibasirwa mu buryo ubwo ari bwo bwose kandi ko umutekano wabo ugomba kubahirizwa nk’uko amategeko abiteganya.
Kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026, Iran iri kurasa muri Israel ariko hari bimwe mu bisasu bigwa muri Liban kubera ko ibi bihugu byegeranye. Israel na yo ikomeje kurasa i Beirut kubera ko umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah winjiye muri iyi ntambara.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *