skol
fortebet

Moscow: Abana b’intasi zarekuwe mu guhererekanya imbohe ntibari bazi ko ari Abarusiya

Yanditswe: Friday 02, Aug 2024

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Gatanu, Perezidansi y’u Burusiya (Kremlin) yavuze ko umuryango w’intasi z’u Burusiya werekeje i Moscou mu ihererekanya ry’imfungwa rya mbere rikomeye ribaye hagati y’u Burusiya n’uburengerazuba kuva Intambara y’Ubutita yarangira, aho abana babo bavuze ko bamenye ko ari Abarusiya indege imaze guhaguruka .

Sponsored Ad

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yabwiye abanyamakuru ati: "Mbere y’ibyo, ntibari bazi ko ari Abarusiya cyangwa hari aho bahuriye n’igihugu cyacu."

Yakomeje agira ati: "Kandi mushobora kuba mwabibonye ko igihe abana bamanukaga ku ngazi z’indege batavuga Ikirusiya kandi ko Putin yabasuhuje mu cy’Esipanyole. Ati: " buenas noches ".

Peskov atanga ibisobanuro bishya ku bijyanye no guhana imfungwa hamwe n’ababohowe, yemeje ko Vadim Krasikov, warekuwe n’u Budage, yari umukozi w’urwego rushinzwe umutekano rwa FSB mu Burusiya kandi akaba yarakoreye mu itsinda rya Alpha Group, umutwe w’ingabo zidasanzwe za FSB.

Krasikov yahamijwe n’urukiko rwo mu Budage kwica uwahoze ari umurwanyi wo muri Chechenya wiciwe muri parike ya Berlin mu mwaka wa 2019. Perezida Vladimir Putin yamuhobeye nyuma yo kuva mu ndege i Moscou ku mugoroba wo ku wa Kane.

Peskov yavuze ko mu gihe abo bashakanye bari bafungiye muri gereza bahawe uburenganzira buke bwo kubonana n’abana babo gusa, kandi bari bafite ubwoba ko bashobora gutakaza uburenganzira bwabo bwa kibyeyi nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.

Peskov ati: "Ku munsi w’ejo, abana babajije ababyeyi babo uwo bagiye guhura ari we (i Moscou). Ntabwo bari bazi Putin uwo ari we. Uku niko ’abatemewe n’amategeko bakora. Batanga ibitambo nk’ibyo babikesha kwitangira umurimo wabo."

Peskov yavuze ko inzego za leta z’u Burusiya zirimo gukora ku kubohora abandi Barusiya bafungiwe mu mahanga. Yavuze ko ibiganiro byagejeje ku guhererekanya izi mbohe zose hamwe 24 harimo abarusiya 16 byabaye hagati ya FSB na CIA.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa