Mu Bubiligi hatangijwe ishyaka rya politike ryiswe ‘TRUMP’, izina ryatoranyijwe mu rwego rwo guha agaciro politike ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ishyira imbere kwegera abaturage.
Amakuru dukesha Russia Today avuga ko iri shyaka ryashinzwe n’umunyapolitike Salvatore Nicotra, ku wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025. Ryasimbuye irya National Front (FN) ryasenyutse mu 2012.
Izina TRUMP ryahawe iri shyaka ni impine y’amagambo y’Igifaransa ‘Tous Réunis pour l’Union des Mouvements Populistes”.
Nicotra yavuze ko guhitamo izina rya Trump byari ku bushake kuko “afatwa nk’ikimenyetso cya politike ishyira imbere abaturage birengagijwe mu gihugu. Ahagarariye ibyo natwe twemera.”
Yavuze ko TRUMP ari ishyaka ribarizwa ku ruhande rw’abatsimbaraye ku bitekezo bya kera, asobanura ko politiki yaryo igizwe ku rugero rwa 40% n’imyumvire y’ishyaka ry’Abakozi b’u Bubiligi (PTB) riharanira uburinganire n’imibereho myiza, ndetse na 40% y’ishyaka Vlaams Belang, rizwiho gushaka ubwigenge bw’agace ka Flandres no gukumira abimukira. Ariko itandukaniro rikomeye ni uko TRUMP yo ishyigikira Bubiligi bumwe, aho guharanira ubwigenge bw’aka gace.
Iri shyaka riteganya kwiyamamaza mu matora ya 2029 y’abagize Inteko Ishinga Amategeko ndetse n’ay’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, kandi ngo rishobora no kugira abakandida mu matora y’uturere n’ay’inzego z’ibanze.
Abashinze iri shyaka barimo n’abandi bahoze muri NF, barimo Emanuele Licari, wahoze ari umunyapolitiki mu ishyaka rya Vlaams Belang.
Iri shyaka ryamurikiwe itangazamakuru ku wa 7 Ugushyingo, mu gihe ibirori byo kuritangiza biteganyijwe ku wa 30 Ugushyingo 2025.
Umunyapolitike w’Umubiligi, Salvatore Nicotra niwe watangije iri shyaka ryiswe ‘TRUMP’
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *