Mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja, habereye imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Bola Tinubu, nyuma y’uko inzego z’umutekano zibujije abaturage kwitabira ibikorwa bya politiki by’umunyapolitiki Tanimu Turaki.
Iyi myigaragambyo yabaye ku wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026, ubwo abaturage bamwe bari bagiye gushyigikira Turaki, uri mu bakandida b’ishyaka rya People’s Democratic Party (PDP), baje gusubizwa inyuma n’inzego z’umutekano. Ibi byateye uburakari bamwe mu baturage n’abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta, bahita bajya mu mihanda bagaragaza ko batishimiye imiyoborere iriho.
Abigaragambyaga bagaragaje ko babangamiwe n’uko uburenganzira bwo gukora ibikorwa bya politiki bukomeje gukumirwa, bavuga ko barambiwe ubutegetsi bwa Tinubu. Bamwe banenze inzego z’umutekano kuba zibuza ibikorwa by’abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta, bakavuga ko bishobora kugira ingaruka ku matora ateganyijwe mu 2027.
Amakuru ava mu nzego zitandukanye agaragaza ko muri PDP harimo n’abandi banyapolitiki bakomeye bari gutegura kwiyamamaza, barimo uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan, na we uvugwa mu bashobora guhatanira kuyobora igihugu mu gihe kiri imbere.
Hagati aho, Polisi ya Nigeria yashyizeho ingamba zikomeye zirimo kohereza imodoka z’umutekano ku mihanda igana aho ibikorwa bya politiki byari kubera, mu rwego rwo gukumira ihuriro ry’abaturage bashyigikira abo bakandida.
Ibi bibaye nyuma y’uko Minisitiri ushinzwe Umurwa Mukuru wa Nigeria, Nyesom Wike, ashyizeho amabwiriza abuza amahoteli n’ibigo byakira inama kwakira abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta. Yavuze ko uwo mwanzuro ugamije kurinda umutekano, ashingiye ku byo yavuze ko hari bamwe bakekwaho gukorana n’imitwe yitwaje intwaro.
Icyakora, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje kunenga izo ngamba, bavuga ko zishobora kubangamira demokarasi n’ubwisanzure bwa politiki muri Nigeria mu gihe igihugu cyitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu mu 2027.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *