skol

Nepal: Abigaragambya basabye ko Sushila Karki w’imyaka 73 asimbura Minisitiri w’Intebe

Yanditswe: Thursday 11, Sep 2025

featured-image

Urubyiruko rumaze iminsi mu myigaragambyo ikaze muri Nepal rwasabye ko Sushila Karki w’imyaka 73, wigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, aba Minisitiri w’Intebe w’inzibacyuho, asimbuye KP Sharma Oli weguye kuri uwo mwanya ku wa Kabiri.

Uyu mwanzuro abigaragambya bawuhuriyeho nyuma y’inama yamaze amasaha agera kuri ane, yitabirwa n’abigaragambya bari hagati ya 300 na 400, nk’uko itangazamakuru ry’imbere mu gihugu ryabitangaje.

Karki bashaka ko ayobora inzibacyuho, yabaye Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Nepal, aba umugore rukumbi wari ugiye kuri uwo mwanya.

Avugana na CNN, Karki yavuze ko inshingano za mbere z’inzibacyuho ye, izaba guha icyubahiro abaguye mu myigaragambyo, ndetse no kwita ku byifuzo by’abigarambya birimo kurandura ruswa.

Ibi bibaye nyuma y’umunsi umwe KP Sharma Oli yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, nyuma y’imyigaragambyo ikaze yabereye muri Himalayan. Mu gihe cy’iminsi ibiri y’imyigaragambyo, amagana y’abigaragambyaga bateye ibiro bya Minisitiri w’Intebe, batwika Urukiko rw’Ikirenga n’Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, ndetse banashwambaguza ibyo mu ngo za bamwe mu bayobozi bakomeye.

Minisitiri w’Ubuzima n’Abantu muri Nepal yatangaje ko abamaze kugwa mu myigaragambyo bageze kuri 30, ndetse abarenga 1033 bakaba barakomeretse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa