Netanyahu agiye gusura Amerika nyuma y’intambara ya Israel na Iran
Yanditswe: Monday 07, Jul 2025
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, agiye guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, nyuma y’ibyumweru bibiri ibihugu byombi bigabye ibitero kuri Iran.
Biteganyijwe ko imwe mu ngingo z’ingenzi Netanyahu na Trump baganiraho ari ukuba Amerika, Israel na Iran byagera ku masezerano ya burundu yo guhagarika umugambi wo gukora intwaro kirimbuzi.
Amerika na Israel bishinja Iran gutunganya ingufu za nucléaire kugira ngo izakoremo intwaro kirimbuzi zishobora guhungabanya umutekano wabyo ndetse ni na byo byashingiyeho bigaba ibitero i Tehran muri Kamena 2025.
Ibi bitero byagabwe ku bigo bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire, birimo icya Fordow, Natanz na Isfahan. Perezida Trump yavuze ko byangiritse bikomeye ku buryo Iran izagorwa no gusubukura gahunda y’intwaro kirimbuzi.
Biteganyijwe kandi ko Trump na Netanyahu baganira ku buryo Ingabo za Israel n’umutwe witwaje intwaro wa Hamas byahana agahenge, imbohe z’Abanya-Israel zikiri mu maboko y’uyu mutwe zikarekurwa.
Ni ubwa gatatu Netanyahu agiye i Washington kuko yagiyeyo muri Gashyantare na Mata 2025, aganira na Trump ku ntambara y’Ingabo za Israel n’umutwe wa Hamas mu gace ka Gaza.
Kuri iyi nshuro, Netanyahu arahura n’abandi bayobozi bo muri Amerika barimo Visi Perezida, JD Vance, na Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *