skol
fortebet

Nibura abana 11 baricwa cyangwa bagakomereka buri munsi mu bitero bya Israel kuri Libani mu cyumweru gishize – UNICEF

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Friday 29, May 2026

Nibura abana 11 baricwa cyangwa bagakomereka buri munsi mu bitero bya Israel kuri Libani mu cyumweru gishize – UNICEF

Sponsored Ad

skol

Maddox yamaze gutanga ubusabe bwo guhindura izina rye mu mategeko, aho asaba gukurwaho “Pitt” akitwa gusa Maddox Chivan Jolie.

Ibi bije bikurikira kuba Maddox yari asanzwe atakoresha izina Pitt mu kazi ke. Mu mazina y’abakoze kuri filime nshya ya Angelina Jolie yitwa Couture, Maddox yagaragaye nka “Maddox Jolie”, aho yakoze nk’umwungirije w’uyiyoboye.

Maddox yiyongereye ku bandi bana bo muri uwo muryango batangiye gukura cyangwa kureka gukoresha izina Pitt. Mushiki we Shiloh Jolie we yamaze kurihindura mu buryo bwemewe n’amategeko, mu gihe Zahara Jolie na Vivienne Jolie nabo batagikoresha iryo zina mu bikorwa byabo.

Bivugwa ko benshi muri abo bana basa n’abashaka kwitandukanya na se wabo, ibintu byarushijeho kugaragara kuva Brad Pitt na Angelina Jolie batangira gahunda yo gutandukana mu 2016, urubanza rwaje kurangira mu 2024.

Nubwo ubusabe bwa Maddox bwo guhindura izina butaremezwa n’urukiko, benshi batekereza ko bushobora kwemezwa mu gihe kiri imbere.

Nubwo bivugwa ko hari agahenge hagati y’impande zombi, Israel yakomeje kongera ubukana n’ubwinshi bw’ibitero byayo kuri Libani.

Urugero, ibitero bikomeye byagabwe ku mijyi no ku midugudu yo mu majyepfo y’icyo gihugu, kuva ku mugoroba wo ku wa Gatatu kugeza mu gitondo cyo ku wa Kane.

Muri icyo gihe kandi, Israel yatangaje n’utundi duce twa Libani ifata nk’utwo ishobora gukoreramo ibikorwa bya gisirikare, nk’uko byatangajwe na BBC Persian.

UNICEF ivuga ko muri rusange, abana 77 bishwe cyangwa bakomeretse mu bitero bya Israel kuri Libani mu cyumweru gishize.

Nk’uko bigaragara muri raporo y’iri shami, kuva hatangazwa agahenge hagati ya Libani na Israel muri Mata (itariki ya 4), abana 55 bamaze kwicwa mu gihe abandi 212 bakomeretse.

Umuvugizi wa UNICEF, Ricardo Pearce, yavuze ko iyo mibare “iteye ubwoba cyane.”

Agahenge hagati ya Israel na Libani katangajwe na Amerika ku wa 16 Mata uyu mwaka, kari kagamije guhagarika imirwano.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa