skol

Nicolas Sarkozy yafunguwe

Yanditswe: Monday 10, Nov 2025

featured-image

Urukiko rw’i Paris rwategetse ko Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa aba afunguwe by’agateganyo, mu gihe ategereje kuburana ubujurire ku rubanza yakatiwemo gufungwa imyaka itanu.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025.

Sarkozy yafunzwe nyuma yo guhamywa ibyaha bishingiye ku mafaranga yahawe na Muammar Gaddafi wahoze ayobora Libya ubwo yiyamamazaga mu 2007. Ibyo byaha byatumye ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu.

Ubwo yajyanwaga muri gereza izwi nka Prison de la Santé iherereye mu gace ka 14e arrondissement de Paris, abamwunganira mu mategeko bahise basaba ko afungurwa by’agateganyo.

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris ku wa 10 Ugushyingo 2025 rwategetse ko afungurwa by’agateganyo ariko akazakomeza gucungirwa hafi n’inzego z’ubutabera. Yari amaze ibyumweru bitatu muri gereza.

Uyu mugabo biteganyijwe ko asohoka muri gereza kuri uyu wa Mbere.

Sarkozy wafunguwe urukiko rwamubujije kurenga ubutaka bw’u Bufaransa, mu gihe ubujurire ku rubanza rwe butegerejwe mu bihe biri imbere.

Ubushinjacyaha kuri iyi nshuro na bwo bwasabye ko Sarkozy arekurwa ariko akazakomeza kugenzurirwa hafi n’inzego z’ubutabera.

Sarkozy wayoboye u Bufaransa hagati ya 2007 na 2012 ahakana ibyaha byose akavuga ko ari ibyo bamuhimbiye.

Sarkozy yavuze ko ibyumweru bitatu yari amaze muri gereza ari ibihe bigoye cyane kuri we n’abandi bafunzwe bose.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa