skol

Nigeria: Abanyeshuri n’abarimu bashimuswe bakomeje kuburirwa irengero

Yanditswe: Monday 24, Nov 2025

featured-image

Abana 50 muri 315 bashimutiwe ku ishuri rya Kiliziya Gatolika rya St Mary’s riherereye Papiri, mu Ntara ya Niger muri Nigeria, babashije kurokoka no gusubira mu miryango yabo nyuma yo gucika ababashimuse kuwa Gatanu w’icyumweru gishize. Uyu mubare watanze ikizere mu gihugu cyari cyugarijwe n’agahinda n’impungenge, nk’uko byemejwe n’Ishyirahamwe ry’Abakirisitu muri Nigeria rivuga ko abo bana bahuye n’imiryango yabo amahoro.

Ingabo za Nigeria, polisi n’inzego z’abasivili bakomeje ibikorwa bikomeye byo gushakisha abandi bana 265 n’abarimu 12 bakomeje kuburirwa irengero.

Abagabo bitwaje intwaro bateye ishuri ahagana saa munani z’ijoro, bashimuta abana benshi bari baryamye mu macumbi, mu gikorwa cyateje impagarara n’amarira menshi mu miryango.

Iki gitero cyakurikiye imidugararo y’ishimutwa ry’abanyeshuri rimaze imyaka irenga icumi ryibasira uduce two mu majyaruguru ya Nigeria, bituma Leta nyinshi zihita zifunga amashuri yose kugira ngo zirinde izindi ngaruka. Ibi byabaye hashize iminsi micye abandi banyeshuri 20 bashimuswe muri Leta ya Kebbi, ibyongereye ubushyamirane mu gihugu.

Perezida Bola Tinubu yahise atangaza ingamba zikomeye zirimo kongera abapolisi 30,000 no gusubiza abari baragenewe kurinda abantu bakomeye mu murimo rusange wo gucunga umutekano.

Yanategetse ko abashaka kurindwa ku rwego rwo hejuru bazajya bakoresha inzego za NSCDC, kugira ngo ingufu nyinshi zoherezwe mu bice by’icyaro byibasirwa n’ibitero bikabije. Yahagaritse n’ingendo mpuzamahanga zari ziteganyijwe, kugira ngo yibande ku kibazo gikomeye cy’umutekano.

Mu gihe imiryango ikomeje kuririra abana babo, hari abagaragaje ihungabana n’umubabaro mwinshi. Umwe mu babyeyi yagize ati: “Twese twacitse intege… ntabwo twigeze dutekereza ko ibi byashoboka.” Undi mubyeyi wabuze abakobwa be babiri, bafite imyaka 6 na 13, yabwiye BBC ati: “Ndashaka ko bataha, ni cyo cyonyine nsaba.”

Ubuyobozi bwa Leta ya Niger bwatangaje ko ishuri rya St Mary’s ritubahirije itegeko ryo gufunga amacumbi, nyuma y’iperereza ryari ryahishuye ibyago byinshi by’ibitero. Ishuri ntiryigeze ritanga igisubizo kuri ibi birego. Ku rundi ruhande, Papa Leo XIV yifatanyije n’imiryango y’ababuranye n’abana babo, asaba ko barekurwa nta yandi mananiza.

Ishimutwa ry’abantu muri Nigeria rikomeje gufata indi ntera, cyane cyane ku banyeshuri n’abagenzi. Amatsinda y’abagizi ba nabi akomeje kwigaragaza, ahanini akoresha intwaro n’ubugome bukabije. Mu bice by’amajyaruguru, imitwe y’iterabwoba imaze imyaka irenga icumi irwana na Leta, kandi abasesenguzi bavuga ko abenshi mu bahasiga ubuzima ari abaturage baho, batandukanye mu idini ariko bahurizwa hamwe n’ubushyamirane bushingiye ku mutekano n’imibereho.

Aba banyeshuri 315 bashimuswe kuri St Mary’s baruta kure abakobwa 276 bashimuswe i Chibok mu 2014 n’umutwe wa Boko Haram, igikorwa cyavuzwe ku isi yose kandi kigikomeje kugira ingaruka kugeza n’uyu munsi. Kugeza ubu, ingabo, polisi n’abandi babarizwa mu nzego z’umutekano baracyasaka mu mashyamba n’imisozi bikekwa ko ababashimuse baherereyemo, mu gihe Nigeria yose isaba ko aba bana n’abarimu basigaye bashakirwa amahirwe yo gutaha amahoro.

Ikibazo cya ba rushimusi gikomeje gufata indi ntera muri Nigeria

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa