Nigeria: Ibikorwa byo gushimuta abanyeshuri bikomeje gukara: 227 batwawe n’abantu bitwaje intwaro
Yanditswe: Saturday 22, Nov 2025
Muri Nigeria, abantu bitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri 227 n’abarimu mu ishuri rya gikirisitu riherereye mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba; igikorwa gikomeje guteza umutekano muke aho mu gihe kitarenze icyumweru, leta imaze gufunga amashuri 47.
Iyi nsanganya yabereye muri leta ya Niger, ni ugushimutwa kw’abanyeshuri kunini kubayeho kuva muri Werurwe 2024 ubwo abandi banyeshuri barenga 200 bari bashimuswe muri Leta ya Kaduna.
Umuyobozi wa Leta ya Niger, Bulus Dauwa Yohanna, yavuze ko imibare igaragaza ko abanyeshuri 215 n’abarimu 12 bashimuswe n’ibyihebe.
Umutekano muri Nigeria urageramiwe ndetse Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze iminsi zotsa igitutu iki gihugu, zigishinja ko hari ubwicanyi buri gukaza umurego bukorerwa abakirisitu.
Nigeria yavuze ko imvugo ya Trump y’uko abakirisitu bari kwicwa, atari ukuri, ahubwo ko iyobya abantu.
Polisi yatangaje ko inzego z’umutekano zageze aho abo banyeshuri bashimutiwe ndetse ziri kugerageza kureba uko zabarokora. Leta ya Niger yavuze ko iryo shuri ryari ryaranze kubahiriza amategeko yashyizweho y’uko ibikorwa byo gucumbikira abanyeshuri bigomba guhagarara, kuko inzego z’ubutasi zari zagaragaje ko hari ibyago byinshi byo kwibasirwa n’ibitero.
Ibindi bitero byabaye muri iki cyumweru birimo icyo ku wa Mbere aho abanyeshuri 25 b’abakobwa nabo biga bacumbikiwe mu kigo kiri muri Leta ya Kebbi, bashimuswe. Hari n’ikindi cyabereye ku rusengero ruri muri Leta ya Kwara, aho ubuyobozi buvuga ko abakirisitu 38 bashimiswe n’abantu bitwaje intwaro.
Iyi foto igaragaza uko mu rusengero ruri muri Leta ya Kwara ibintu byose byari byaterewe hejuru nyuma yo gushimuta abakirisitu

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *