skol

Nigeria: Icyorezo cya mugiga kimaze guhitana abagera kuri 270 abandi benshi bamerewe nabi

Yanditswe: Thursday 30, Mar 2017

Umwe mu bana barwaye mugiga, mu gihugu cya Nigeria , ifoto yafashwe kuri uyu wa 30 Werurwe 2017
Mu gihugu cya Nigeria abantu 270 bamaze guhitanwa n’ icyorezo cya mugiga mu byumweru bike bishize. Igihugu cyatangiye ibikorwa byo gukingira iyo ndwara mu rwego rwo guhangana n’ icyo cyorezo.
Umuyobozi w’ ikigo gishinzwe gukumira indwara muri icyo gihugu Olubunmi Ojo yatangaje ko abagera ku 1828 muri Leta 15 bakekwaho iyo ndwara, yemeza ko imaze guhitana abantu 270.
Uyu muyobozi yabitangaje (…)

Umwe mu bana barwaye mugiga, mu gihugu cya Nigeria , ifoto yafashwe kuri uyu wa 30 Werurwe 2017

Mu gihugu cya Nigeria abantu 270 bamaze guhitanwa n’ icyorezo cya mugiga mu byumweru bike bishize. Igihugu cyatangiye ibikorwa byo gukingira iyo ndwara mu rwego rwo guhangana n’ icyo cyorezo.

Umuyobozi w’ ikigo gishinzwe gukumira indwara muri icyo gihugu Olubunmi Ojo yatangaje ko abagera ku 1828 muri Leta 15 bakekwaho iyo ndwara, yemeza ko imaze guhitana abantu 270.

Uyu muyobozi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Werurwe 2017, nk’ uko byanditswe n’ Ikinyamakuru Information Nigeria.

Imibare itangwa n’ inzego z’ ubuvuzi bwo muri Nigeria yerekana ko benshi mubibasiwe n’ icyo cyorezo ari abana bato.

Kuva muri 2009, icyorezo cya mugiga kimaze gutwara ubuzima bw’ Abanya-Nigeria bagera ku bihumbi bibiri (2000). Aba 270 ni abamaze guhitanwa n’ icyo cyorezo mu mezi atanu ashize.

Muri 2015 ubwo mugiga yaherukaga kwaduka muri Niger, igihugu gituranye na Nigeria, yambuye ubuzima abagera ku 1 100 mu gihe abari bayirwaye bari ibihumbi 13 na 700. Ibi byabaye mu gihe cy’ amezi atandatu.

Mugiga iterwa n’ udukoko dutandukanye, dutandatu muri utwo dukoko dutera indwara z’ ibyorezo.

Iyo ndwara ikwirakwira binyuze mu gukorora, kwitsamura, byoroshye cyane ko iyo abantu begeranye umwe ayanduza undi.

Mu bimenyetso bya mugiga harimo kubabara umutwe, kugira umuriro, no kugagara ijosi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa