skol

Nouvelle-Zélande: Umugore akurikiranyweho gutwara umwana nk’umuzigo

Yanditswe: Tuesday 05, Aug 2025

featured-image

Polisi yo muri Nouvelle-Zélande yataye muri yombi umugore ukekwaho icyaha cyo kutita ku mwana, aho basanze yamubitse mu gikapu (valise) kandi akiri muzima.

Nk’uko byatangajwe n’Umukuru wa Polisi muri Nouvelle-Zélande, Simon Harrison, umushoferi yabonye ko hari ikintu kinyeganyeza mu gikapu ubwo imodoka itwara abagenzi yahagararaga mu Mujyi wa Kaiwaka, kugira ngo umwe muri aba bagenzi ahabwe umuzigo we.

Umushoferi yaje gufungura icyo gikapu, asangamo umwana muto w’umukobwa w’imyaka ibiri wari umaze gushyuha bikabije, ku buryo byari byatangiye kumugiraho ingaruka ku mubiri we.

Igihe uyu mwana yamaze mu mwanya w’imizigo nticyamenyekanye. Byatangajwe ko yahise ajyanwa kwa muganga.

Uyu mugore ukurikiranyweho icyaha cyo guhohotera umwana, umwirondoro we ntiwashyizwe ahagaragara. Yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa 4 kanama 2025.

Sosiyete itwara abagenzi ya InterCity yemeje ko iki kibazo kibareba ndetse ko bagiye kugikurikirana. Basobanuye kandi ko batishyuza umugenzi uri munsi y’imyaka itatu kuko ashobora kugenda bamukikiye, bashimangira ko batumva impamvu uyu mugore yahisemo gutwara umwana mu mizigo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa