skol

Nyanza: Abagororwa bitabajwe mu rubanza rwa Munyenyezi

Yanditswe: Wednesday 25, Jun 2025

featured-image

Munyaneza Jean Damascène Alias Saddam na Nshimiyimana Jean Damascène bafungiye mu Igororero rya Huye, batanze amakuru ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi Munyenyezi Béatrice akurikiranyweho.

Ni mu iburanisha mu bujurire ryakomeje ku wa 24 Kamena 2025, mu Rukiko Rukuru, Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, rukorera mu Karere ka Nyanza.

Ubushinjacyaha bwongeye kuzamura ijwi bushimangira ko Munyenyezi Béatrice, akwiye kugumana igihano yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye cyo gufungwa burundu, hibutswa ko mu byaha ashinjwa harimo n’ibyo guhagarikira ifatwa ku ngufu no gukorera iyicarubozo abakobwa b’Abatutsikazi kuri Hoteli Ihuriro yari mu Mujyi wa Butare.

Mu iyicarubuzo bivugwa ko yabakoreye harimo kubaca bimwe mu bice ndangagitsina akoresheje amapensi n’ibindi bikoresho, aho bamwe byabateye kuva amaraso adakama bikabaviramo urupfu.

Ubushinjacyaha bwongeye kandi kuvuga ko ibimenyetso bishya byatanzwe mu bujurire kuba byarafashwe nk’iperereza rishya mu mboni z’ubwunganizi atari ko biri, ahubwo ari ibindi bisobanuro bishimangira ubuhamya bumushinja.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Munyenyezi yari yarashyize umuhate mu itegurwa rya Jenoside, aho yanitabiriye amahugurwa yo kurashisha imbunda ndetse no gukoresha intwaro gakondo yabereye mu ishyamba rya Kaminuza na mbere y’uko Jenoside nyirizina itangira.

Humviswe n’abatangamakuru mu rubanza

Munyaneza Jean Damascène Alias Saddam wari umubaji mu gihe cya Jenoside na Nshimiyimana Jean Damascène wari umunyonzi, bumviswe nk’abatangamakuru (izina bahabwa kuko bakatiwe burundu).

Bombi bakomoka mu cyari Segiteri Nkubi, ubu ni mu Murenge Mukura, mu Karere ka Huye, bose bakaba bahuriye ku kuba barakatiwe gufungwa burundu.

Bashinje Munyenyezi ko ari mu batanze amabwiriza yo gushinga bariyeri ku Mukoni afatanyije na Dr. Munyemana Sosthène.

Bamushinje kandi ifatwa ry’umubikira kuri bariyeri yo ku Mukoni, aho Munyenyezi yivugiye ko we atari bumucike kuko amwiyiziye neza, maze amwuriza imodoka imwerekeza kuri Hoteli Ihuriro, aho yaje kwicwa arashwe na Munyenyezi nyuma yo gusambanywa n’Interahamwe nk’uko byahamijwe na Saddam.

Saddam yakomeje ashinja Munyenyezi ko yitabiriye inama yakoreshwe na Radio RTLM mu i Rango bareba uko igikorwa cyo guhiga Abatutsi gihagaze mu Mujyi wa Butare, maze Munyenyezi ubwe afata ijambo avuga ko "ukubura umwanda atawusubiza mu nzu, aho ngo yashakaga kuvuga ko uzahisha Umututsi wese azajyana (agomba gupfana) nawe".

Iburanisha ryo ku wa Kabiri ryasojwe hatangajwe ko rizakomeza ku wa 29, ku wa 30 no ku wa 31 Nyakanga 2025, aho hazakomeza kumvwa abandi batangabuhamya 12 bo ku mpande zombi.

Munyenyezi Béatrice, yoherejwe mu Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Mata 2021, akatirwa gufungwa burundu muri Mata 2024 n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, ahita ajurira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa