skol

Pentagon yatangaje umwirondoro w’umusirikare wa 5 wa Amerika wiciwe mu bitero bya Iran

Yanditswe: Thursday 05, Mar 2026

featured-image

Igisirikare cya Amerika cyemeje izina ry’umusirikare wa gatanu wishwe n’igitero cya ‘drone’ ya Iran yarashwe muri Kuwait mu minsi ya mbere y’iyi ntambara.

Major Jeffrey O’Brien ubusanzwe utuye muri leta ya Iowa yari yaroherejwe muri Kuwait kuva mu 2019 nk’uko itangazo ry’ingabo za Amerika ribivuga.

Iki gisirikare cyarondoye imidali ya gisirikare yari yarahembwe kubera imirimo ye.

Abasirikare ba Amerika bapfuye ubwo indege za ‘drones’ zabashaga guca ku bwirinzi bwo mu kirere zigasekura ikigo cy’ingabo za Amerika i Port Shuaiba muri Kuwair ku cyumweru.

Mbere, igisirikare cya Amerika cyari cyatangaje ko hapfuye abasirikare batatu muri icyo gitero, ariko nyuma cyemeje ko undi umwe yapfuye yishwe n’ibikomere imirambo yindi ibiti igakurwa mu bihomoka by’inyubako zasenyutse.

Kugeza ubu Maj Jeffrey abaye uwa gatanu ubashije kwemezwa umwirondoro muri abo batandatu bapfuye, ibisobanura ubukana bw’igitero bagabweho gishobora kuba cyarangije bikomeye imibiri y’abapfuye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa