Perezida Emmanuel Macron ari muri Maroc mu mugambi wo gutsura umubano
Yanditswe: Tuesday 29, Oct 2024

Guhera kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ukwakira, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron aragirira uruzinduko rw’iminsi itatu muri Maroc, rugamije gutsura umubano hagati y’igihugu cye n’icy’umwami Mohammed VI.
Ni uruzinduko Macron aza gukora ari kumwe n’umugore we Brigitte Macron, ruzibanda ku nyungu z’u Bufaransa na Maroc mu bijyanye n’ubukungu, umuco na siporo.
Uru ruzinduko rumaze igihe rutegurwa ariko rugasubikwa ku munota wa nyuma, biturutse ku mwuka mubi wagiye urangwa hagati y’u Bufaransa na Maroc.
Umwami Mohammed VI ni we ujya kwakira Macron ku kibuga cy’indege, bakomereze ku ngoro y’Umwami mu murwa mukuru Rabat, aho baganirira.
Umwuka hagati y’ibihugu byombi wabaye mubi cyane muri 2021 ubwo byavugwaga ko inzego z’ubutasi za Maroc zaba zarumvirije telefone ya Macron, ndetse n’umwanzuro u Bufaransa bwafashe wo kugabanya viza zihabwa abanya-Maroc.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *