skol

Perezida Maduro yashinje Trump gushaka kumuhirika no gusahura Venezuela

Yanditswe: Thursday 18, Dec 2025

featured-image

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, yashinje Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushaka guhirika ubutegetsi bwe no gukoloniza igihugu cye, avuga ko iterabwoba n’icyemezo cyo gufunga inzira z’ubucuruzi bwa peteroli byafashwe Perezida Donald Trump ari “dipolomasi y’ubunyamaswa.”

Mu ijambo yagejeje ku baturage kuri televiziyo ku wa Gatatu, Maduro yavuze ko Amerika iri kugerageza gushyiraho “guverinoma y’agakingirizo” i Caracas, avuga ko iyo guverinoma itamara “n’amasaha 47.”

Yavuze ko igitutu Perezida wa Amerika, Donald Trump, ari gushyira kuri Venezuela kigamije gukongeza intambara no kwigarurira umutungo kamere w’igihugu.

Ati “Barashaka guhindura ubutegetsi muri Venezuela kugira ngo bashyireho guverinoma y’agakingirizo yagurisha Itegeko Nshinga, ubusugire n’ubwigenge bwacu, n’ubutunzi bwose bw’igihugu, bakagikoloniza. Ibyo ntibizigera bibaho, na rimwe.”

Ibi Maduro yabivuze nyuma y’uko Trump atangaje ko yashyizeho icyemezo cyo gufatira ubwato butwara peteroli ya Venezuela yafatiwe ibihano.

Trump yanashinje guverinoma ya Caracas kuba “umutwe w’iterabwoba ukomoka mu mahanga,” ayigerekaho kwiba peteroli ya Amerika n’indi mitungo.

Ku wa Kabiri, Trump yavuze ko “Venezuela ikikijwe n’ingabo zo mu mazi nyinshi kurusha izindi zose zigeze zishyirwa hamwe mu mateka ya Amerika y’Epfo. Izo ngabo zizakomeza kwiyongera, kandi ingaruka bazahura na zo zizaba zidasanzwe kurenza izindi zose babonye, kugeza igihe bazaba basubije Leta Zunze Ubumwe za Amerika peteroli, ubutaka n’indi mitungo batwibye.”

Maduro avuga ko ubucuruzi bwa peteroli ya Venezuela n’ibyoherezwa mu mahanga bizakomeza, ashingiye ku mategeko mpuzamahanga n’amahame y’Umuryango w’Abibumbye, arengera ubwisanzure bwo kugenda mu mazi n’ubucuruzi. Ati “Iki si igihe cy’abajura bo mu mazi cyangwa ubusahuzi.”

Yashimangiye ko umutungo wa Venezuela ari uw’abaturage bayo gusa.

Yanavuze ko icyo Amerika iri gukora ari “dipolomasi y’ubunyamaswa,” itandukanye n’iyubaha amategeko mpuzamahanga n’imibanire irangwa n’amahoro.

Maduro yavuze ko Venezuela ifite uburenganzira bwemewe n’amategeko n’ubushobozi bwa politiki bwo kwirwanaho, anavuga ko ishyigikiwe “n’abaturage b’Isi yose.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa