Perezida Ndayishyimiye yaba afite umugambi wo guhuhura Bunyoni?
Yanditswe: Saturday 03, Jan 2026
Ifungwa, kuburanishwa no gukatirwa igifungo cya burundu kwa Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, byateje impaka zikomeye haba imbere mu gihugu no hanze yacyo. Abanenga ubutegetsi bibaza niba Perezida Evariste Ndayishimiye adafite umugambi wo kurangiza urugendo rwa politiki rw’uyu mugabo wigeze gufatwa nk’umwe mu banyapolitiki bakomeye cyane mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD.
Bunyoni yakatiwe igifungo cya burundu n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birindwi bikomeye birimo gushaka guhirika ubutegetsi, gucura imigambi yo kugirira nabi Perezida, gusuzugura abayobozi b’igihugu, gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, guhungabanya imikorere ya Leta, kwaka inyungu zitemewe n’amategeko, ndetse no kwikungahaza mu buryo butemewe.
Mu gihe yari amaze gufungwa, Bunyoni ntiyemerewe serivisi z’ubuvuzi zikwiye n’ubwo yari azwiho kurwara indwara idakira ya diabète. Nk’uko bivugwa n’abagize umuryango we ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, kubura ubuvuzi buhoraho byatumye ubuzima bwe burushaho kuzamba.
Imiryango mpuzamahanga n’iyo mu karere iharanira uburenganzira bwa muntu yamaganye ibyo yita iyicarubozo n’ihohoterwa Bunyoni akorerwa muri gereza. Iyo miryango ivuga ko ibyaha byose yaba yarakoze, u Burundi bugomba kubahiriza amasezerano mpuzamahanga yo gufata neza abafunzwe, harimo no kubaha ubuvuzi bukwiye.
Hari amakuru avuga ko Perezida Ndayishimiye yagerageje guhosha iki gitutu, atanga amabwiriza yo kuzengurutsa Bunyoni mu bitaro bitandukanye. amwimurira mu bitaro bitandukanye mu ibanga.
Ku wa 27 Ukuboza 2025, Bunyoni yajyanywe mu bitaro bya Kira i Bujumbura, avuye mu Ntara ya Gitega aho yari amaze amezi abiri avurirwa.
N’ubwo inzego za Leta zitarasobanura neza impamvu n’imiterere y’uku kumuzengurutsa mu bitaro, abanenga ubutegetsi bavuga ko ari amayeri yo guhosha igitutu cy’amahanga kurusha kuba gushaka gutanga ubuvuzi bunoze kandi buboneye.
Abasesenguzi bavuga ko, bitewe n’uburemere bw’ibyaha Bunyoni yakatiwe, Ndayishimiye ashobora kuba afite umugambi wo kumureka akicwa n’indwara, kugira ngo urupfu rwe rugaragazwe nk’urwatewe n’impamvu zisanzwe.
Mu gihe Perezida Ndayishimiye akomeza kuvuga ko ubutabera bwatanzwe, abanenga ubutegetsi bavuga ko uko Bunyoni afatwa mu gihe afunze bigaragaza ukundi kuri guteye impungenge.
Kugwa kwa Bunyoni byakurikiye impinduka zikomeye mu bufatanye bwa politiki nyuma y’uko Ndayishimiye afashe ubutegetsi mu 2020. Bunyoni wahoze ari umuyobozi ukomeye mu nzego z’umutekano kandi wizerwaga cyane na Perezida Pierre Nkurunziza, yaje kuba igitambo cy’ibirego bya Ndayishimiye mu ruhame.
Perezida Ndayishimiye yakunze kwamagana abayobozi bakuru batavugwaga amazina, ashinja ruswa, gucura imigambi mibi no gushyira umutekano w’igihugu mu kaga, amagambo benshi bafashe nk’ayerekezaga kuri Bunyoni. Ibyo byashyizeho urufatiro rw’ibyakurikiyeho: ifatwa rya Bunyoni muri Mata 2023 n’ihohoterwa avuga ko yakorewe mu gihe yari afunzwe.
Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe i Burundi arembeye mu bitaro

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *