Perezida Ramaphosa yirukanye Minisitiri wagiye muri Amerika atamusabye uruhushya
Yanditswe: Friday 27, Jun 2025
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo ku wa 26 Kamena yirukanye Minisitiri wungirije ushinzwe ubucuruzi, inganda n’ihiganwa, Andrew Whitfield, nyuma y’aho agiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika atabisabiye uruhushya.
Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo kuri uyu wa 27 Kamena byagize biti “Bwana Whitfield yakuwe ku mwanya wa Minisitiri wungirije kubera ko yagiriye uruzinduko mu mahanga atahawe uruhushya na Perezida. Uruzinduko rwe muri Amerika rwarenze byeruye ku mabwiriza n’ibikorwa bijyanye n’imyitwarire y’abagize urwego nyubahirizategeko.”
Byasobanuye ko Perezida Ramaphosa yamenyesheje Umuyobozi w’ishyaka Democratic Alliance, John Steenhuisen, iki cyemezo cyane ko Whitfield yari ahagarariye iri shyaka muri Guverinoma y’Ubumwe ya Afurika y’Epfo.
Mu gihe icyemezo cyo kwirukana Minisitiri wagiriye uruzinduko mahanga nta ruhushya yahawe gifatwa nk’ikidasanzwe, ibi biro byagaragaje ko atari ubwa mbere muri Afurika y’Epfo gifashwe.
Biti “Mu 1995, Perezida Nelson Mandela yirukanye nyakwigendera Minisitiri wungirije Madikizela-Mandela, mu 2007 Perezida Thabo Mbeki yirukana uwari Minisitiri wungirije, Nosizwe Madlala-Routledge, kubera kugirira uruzundiko mu mahanga nta ruhushya bari bafite.”
Biteganyijwe ko umusimbura wa Whitfield azava mu ishyaka Democratic Alliance, nk’uko biteganywa mu masezerano agenga imikorere ya Guverinoma y’Ubumwe ya Afurika y’Epfo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *