Mu mahanga
Perezida wa Irani yavuze ko ibihugu bimwe byatangiye ibikorwa by’ubuhuza
Yanditswe: Friday 06, Mar 2026
Perezida wa Irani Masoud Pezeshkian avuga ko “ibihugu bimwe byatangiye ibikorwa by’ubuhuza”, ariko ntiyavuze ibyo ari byo.
Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati: “Ibihugu bimwe byatangiye ibikorwa by’ubuhuza. Leta dusobanure neza: twiyemeje amahoro arambye mu karere ariko nta gushidikanya dufite mu kurwana ku cyubahiro no ku busugire bw’igihugu cyacu.
“Ubuhuza bukwiye kureba abakerensheje Abanya-Irani bagakongeza iyi ntambara.”
Perezida Pezeshkian avuze ayo magambo mu gihe ibihugu bituranyi bya Irani by’Abarabu birimo gusuzuma igisubizo cyabyo ku bitero bya misile bya Irani byibasira ibigo bya gisirikare by’Amerika n’ibikorwa-remezo bya gisivile n’iby’ingufu z’amashanyarazi byo muri ibyo bihugu.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *