skol
fortebet

Polisi ya Afurika y’Epfo Irimo Guhiga Abakekwaho Kwica Abantu 12 i Johannesburg

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 10, Jun 2026

Polisi ya Afurika y'Epfo Irimo Guhiga Abakekwaho Kwica Abantu 12 i Johannesburg

Sponsored Ad

skol

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangiye guhiga abantu bakekwaho kugira uruhare mu gitero cy’amasasu cyabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri, kigahitana abantu 12 abandi benshi bagakomereka, mu gace ka Jumpers gatuyemo abantu benshi mu buryo butanoze, mu mujyi wa Johannesburg.

Impamvu y’icyo gitero ntiramenyekana, kandi nta muntu n’umwe urafatwa. Polisi iracyakora iperereza.

Kurasa nk’uku mu duce dutuwe mu buryo budatunganye bikunze kubaho muri Afurika y’Epfo, kandi rimwe na rimwe bifitanye isano n’amatsinda y’abagizi ba nabi azwi nka “gangs” cyangwa amakimbirane hagati y’abantu ku giti cyabo.

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yasohoye itangazo ivuga ko ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 10 z’umugoroba ku wa Kabiri, yakiriye amakuru yerekeye igitero cy’amasasu cyabereye mu gace ka Jumpers, muri karitsiye ya Cleveland, i Johannesburg.

Polisi igeze aho byabereye, yahasanze abantu benshi bakomerekejwe n’amasasu. Yahise ihamagara inzego z’ubutabazi kugira ngo zifashe abakomeretse.

Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko abantu 12 bahitanywe n’icyo gitero. Abagabo umunani n’abagore batatu bapfiriye aho cyabereye, mu gihe undi mugabo umwe yapfiriye mu bitaro nyuma yo kuhagezwa.

Nibura abandi bantu icyenda bajyanywe kwa muganga kugira bavurwe ibikomere by’amasasu.

Bivugwa ko abakekwaho kugaba icyo gitero barenga 10, kandi ko bageze aho byabereye bari mu modoka nto y’ubwoko bwa minibus y’umweru, yahagaze hafi ya sitasiyo ya lisansi i Cleveland.

Nk’uko amakuru abivuga, abo bantu binjiye muri ako gace banyuze mu marembo abiri, hanyuma batangira kurasa ku bantu bari ahantu hatandukanye.

Nyuma yo kugaba icyo gitero, bahise bahunga bakoresheje ya modoka yabazanye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa