Polisi ya Uganda yashinjwe gushumuriza imbwa abashyigikiye Bobi Wine
Yanditswe: Wednesday 26, Nov 2025
Umuryango w’Abanyamategeko bo muri Uganda (ULS) watangaje ko wababajwe bikomeye n’igikorwa cy’Igipolisi cya Uganda cyo gukoresha imbwa mu gukanga no gutatanya abashyigikiye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, National Unity Platform (NUP), mu bikorwa byo kwiyamamaza byabereye mu gace ka Kawempe, i Kampala.
Ibi byabaye ku wa 24 Ugushyingo 2025, ubwo abashyigikiye umukandida wa NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, bari bateraniye mu bikorwa byo kwamamaza maze Polisi ikahegereza imbwa mu rwego rwo kubatatanya.
Visi Perezida wa ULS, Anthony Asiimwe, yamaganye bikomeye iki gikorwa, avuga ko gukoresha imbwa muri ubu buryo bifite amateka mabi y’ubugome n’igitugu.
Yagize ati: “Mu mateka, gukoresha imbwa na Polisi mu gutatanya abaturage bigaragaza umurage mubi w’igitugu gikabije. Mu gihe cya apartheid, Polisi yo muri Afurika y’Epfo yashyizeho uburyo bukaze bwo gukoresha imbwa nk’intwaro zo gutegekesha igitugu, gushyira mu bikorwa ivangura rishingiye ku moko no guhatira abirabura guceceka.”
Yakomeje avuga ko ibyo bikorwa bidakwiriye kubona umwanya mu bikorwa bya politiki muri iki gihe.
Ati: “Gushumuriza imbwa mu bikorwa byo kwiyamamaza ni uburyo bwo gutera ubwoba, guhatira no gukangisha abaturage, kandi ntibyagakwiye na rimwe kwihanganirwa.”
Uyu muryango w’Abanyamategeko wagaragaje impungenge ko gukoresha imbwa mu bikorwa bya politiki bishobora gutuma igihugu gisubira inyuma mu rwego rw’amategeko n’uburenganzira bwa muntu.
Uti: “Niba Leta yemereye inzego zayo z’umutekano gukoresha ibinyabuzima nk’intwaro zo guhatira abaturage mu bikorwa bya politiki… ibi bivuga iki ku iyubahirizwa ry’amategeko mu gihugu cyacu?”
ULS yanenze n’ifatwa ry’abantu ryakozwe uwo munsi, aho bamwe bafashwe “bari mu nzira cyangwa hafi y’ahabereye ibikorwa byo kwiyamamaza,” ivuga ko ari “ifatwa ridatoranyije kandi rikorwa mu buryo budafite ishingiro.”
ULS yasabye ko gukoresha imbwa mu bikorwa byose bya politiki bihita bihagarara, ndetse n’abantu bose bafatiwe muri ibyo bikorwa bagahita barekurwa nta yandi mananiza.
Yanibukije inzego z’umutekano ko zigomba gukurikiza amahame y’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu no gucunga umutekano mu mucyo, hatitawe ku ruhande rwa politiki umuntu abarizwamo.
Kugeza ubwo iyi nkuru yatangazwaga, Polisi ya Uganda ntiyari yatanze igisubizo ku birego ishinjwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *