RDC: Abasivili 15 biciwe mu bitero byagabwe na ADF muri Lubero ku munsi umwe
Yanditswe: Monday 09, Feb 2026
Abasivili 15 barimo abagore babiri, bishwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare, bagabweho igitero n’abarwanyi b’umutwe wa Forces démocratiques alliées (ADF) mu gace ka Mambimbi-Isigo, muri gurupoma ya Bapakombe muri teritwari ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Aya makuru yatangajwe n’umuyobozi wa sosiyete sivile wo muri Bapere, Kakule Kagheni Samuel.
Yongeyeho ko muri icyo gitero, inzu n’indi mitungo by’abaturage byatwitswe.
Umwe mu barokotse icyo gitero, yavuze ko umubare w’abapfuye ari munini cyane muri aka gace ka Bapere, avuga ko atabashije kubara imibiri yose yabonye mu gihe yarimo ahunga.
Iki gitero kibaye mu gihe hari hamaze iminsi hatangazwa amakuru agaragaza ko abo barwanyi bari bamaze iminsi bagaragara muri ako gace.
Ubwo bwicanyi bushya bwateye ubwoba n’agahinda kenshi mu baturage.
Ku wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare, hagaragaye abaturage benshi batangiye guhunga berekeza i Njiapanda n’ahandi hantu hafatwa nk’ahatekanye ugereranyije n’aho bari bari.
Nk’uko byatangajwe n’amasoko atandukanye ari aho byabereye, kugeza mu masaha y’umugoroba wo kuri uwo wa Gatandatu, ahagabwe ibitero hari hataraba nyabagendwa.
Muri teritwari ya Beni ihana imbibi na Lubero, abasivili batandatu na bo bishwe mu gitero cya ADF mu mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 4 Gashyantare, i Malibo, ku muhanda uhuza Oicha na Mamove.
Abo bishwe barimo n’umugabo n’umugore bashakanye. Bagabweho igitero nyuma y’amasaha make habaye ikindi gitero cyo mu gitondo cyari cyahitanye abantu bane kuri uwo muhanda nyine, bituma umubare w’abasivili bishwe kuri uwo munsi umwe gusa ugera ku bantu icumi.
Muri raporo yasohowe ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare 2026, ihuriro rya sosiyete sivile ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, rwatangaje ko nibura abasivili 63 bamaze kwicwa kuva umwaka watangira, bishwe n’abitwaza intwaro bakekwaho kuba abarwanyi ba ADF muri teritwari ya Beni na Lubero.
Nk’uko imibare yakusanyijwe na sosiyete sivile ibigaragaza, Lubero ni yo ikomeje kwibasirwa cyane kurusha ahandi, aho hamaze kwicwa abantu 52 mu gihe muri Beni hamaze kwicwa 10.
Ubu bwicanyi bukomeza kwisubiramo bwatumye ibihumbi by’imiryango biva mu byabo bihunga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *