Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igaragaza ko umubare w’abandura icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo n’abo cyica ukomeje gutumbagira, nubwo abafatanyabikorwa barimo abo mu nzego z’ubuvuzi n’iz’ubutabazi bongereye imbaraga mu kugikumira.
Mu biri gutera ubwiyongere bwinshi bw’abandura iki cyorezo n’abo cyica harimo ko bimwe mu bice cyugarije harimo umutekano muke ku buryo abaganga n’abatabazi bagorwa no kuhagera kugira ngo bakurikirane abarwayi n’abahuye na bo.
Abanye-Congo benshi ntibaremera ko iki cyorezo kibaho kuko ntibasiba kugaba ibitero ku mavuriro yakira abarwayi n’abafite ibimenyetso byacyo. Mu cyumweru gishize, bateye ikigo nderabuzima cya Nia Nia mu Ntara ya Ituri, abarwayi barindwi baratoroka.
Abateye iki kigo nderabuzima kandi batwaye umurambo w’uwishwe na Ebola, bawujyana mu Mujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo. Umwe mu barwayi batorotse yagiye mu Ntara ya Haut-Uélé, apfirayo tariki ya 1 Nyakanga 2026.
Leta ya RDC ko iri gukora ubukangurambaga mu nzego z’ibanze kugira ngo abayobozi bazo bumvishe abaturage ko bugarijwe. Kugeza ku wa 2 Nyakanga, abantu barenga ibihumbi 260 bo muri Ituri bari bamaze kwigishwa.
Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje ko kugeza ku wa 2 Nyakanga, abantu 1502 ari bo bimaze kwemezwa ko banduye Ebola ya Bundibugyo barimo 473 bapfuye na 213 bakize.
Mu banduye harimo 42 bashya, bose babonetse mu Ntara ya Ituri na Kivu y’Amajyepfo mu masaha 24 yari ashize. Abapfuye muri ayo masaha ni 26.
Muri Kivu y’Amajyepfo, nta bandi barwayi ba Ebola barahaboneka keretse batatu babonetse mu gace ka Miti-Murhesa mu mpera za Gicurasi, barimo umwe wapfuye n’abandi babiri bamaze gukira.
Iyi Minisiteri yatangaje ko kuva tariki ya 15 Gicurasi ubwo iki cyorezo cyatangazwaga bwa mbere, hamaze kuboneka abarenga 11.360 bahuye n’abanduye, barimo 269 barangije iminsi 21 y’akato.
Kugeza ku wa 21 Kamena, Uganda na yo yari imaze kubonekamo abarwayi 21 ba Ebola barimo babiri bapfuye. Nta bandi baraboneka kugeza uyu munsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *