Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye akaba n’umukuru w’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, yavuze ko kugirango haboneke amahoro arambye mu burasirazuba bwa Congo, hagenewe ko ibihugu byo mu karere byose bikorera hamwe.
Ibi perezida Ndayishimiye yabivuze yasozaga uruzinduko rw’iminsi ibiri yarimo akorera muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri, aho yagiranye ibiganiro na Perezida w’iki gihugu, Antoine Felix Tshisekedi.
Ndayishimiye yagize ati: “Mu guhangana n’akaga gaterwa n’imitwe y’iterabwoba y’abanyamahanga n’udutsiko duhungabanya umutekano, Uburundi bwemera ko bikenewe gushyira imbaraga mu gukorera hamwe kw’ibihugu byo mu karere”.
Yanavuze ko hakenewe gusuzuma no kumenya ibice byose muri rusange bifitanye isano n’icyo kibazo cy’umutekano muke.
Kuva mu mpera za 2023, Uburundi bwohereje ingabo zabwo gufasha iza DRC kurwanya imitwe yitwaje intwaro irwanira mu burasirazuba bw’icyo gihugu, irimwo na M23 irwanya ubutegetsi bwa DRC hamwe na RED-Tabara irwanya ubutegetsi bw’Uburundi.
Perezida Ndayishimiye yatangaje kandi ko ashyigikiye imigambi y’amahoro ya Washington na Doha, hamwe n’ubuhuza burimo bukorwan n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afrika.
Perezida Félix Tshisekedi yakiriye neza ukuntu Uburundi bukomeje kwita kuri DRC, anabushimira kandi uburyo bushyigikiye ingabo za DRC ku rugamba mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *