RDC yahagaritse burundu muri Basketball abitabiriye Giants of Africa i Kigali
Yanditswe: Tuesday 04, Nov 2025
Ishyirahamwe rya Basketball muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FEBACO), ryirukanye burundu abatoza bagaragaye muri Giants of Africa i Kigali, mu gihe abakinnyi bo bahagaritswe hagati y’umwaka umwe n’ibiri.
Kuva tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 2 Kanama 2025, mu Rwanda habereye Iserukiramuco rya ’Giants of Africa’ rihuriza hamwe urubyiruko n’abatoza bo hirya no hino muri Afurika.
Ni iserukiramuco riba rigamije guteza imbere ibikorwa bitandukanye by’abafite impano muri Basketball, aho hategurwa ibirori, imikino ya Basketball, amahugurwa n’ibindi.
Abaryitabiriye bari baturutse mu bihugu bya Ethiopia, Kenya, Somalia, Uganda, Tanzania, Botswana, Afurika y’Epfo, Ghana, Nigeria, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Bénin, Mali, Maroc, Sénégal na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Nyuma y’uko iri serukiramuco rirangiye, Minisitiri wa Siporo muri RDC, Didier Budimbu Ntubuanga, yasabye FEBACO gukurikirana abari ku Rwanda bambaye ibendera ry’igihugu batabiherewe uburenganzira.
Itangazo ryashyizwe hanze na FEBACO rigaragaza ko yafashe umwanzuro wo guhagarika burundu abatoza bane bari bahagarariye RDC muri Giants of Africa 2025 nta burenganzira yabahaye.
Mu batoza bahagaritswe harimo na Natacha Teba Mambengya wabaye umukinnyi ukomeye na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya RDC mbere yo kuba umwe mu batoza ba BC Hatari.
Bamwe mu bakinnyi bahagaritswe amezi 12 mu bikorwa bya Basketball muri RDC, mu gihe uwitwa Gloire Tambwe Mwamba we yahagaritswe imyaka ibiri kuko atari ubwa mbere abikoze kandi akaba yaranigeze guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu akanga kwitabira.
Aba bose bashinjwa kuba barambaye ibendera ry’igihugu bakagihagararira nta burenganzira.
RDC yahagaritse burundu muri Basketball abitabiriye Giants of Africa i Kigali

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *