Tanzania: Abarenga 240 bashinjwe icyaha cyo kugambanira igihugu
Yanditswe: Saturday 08, Nov 2025
Urukiko rwo mu Mujyi wa Dar es Salaam rwashinje abarenga 240 icyaha cyo kugambanira igihugu mu myigaragambyo bashaka kubangamira amatora.
Ibi bibaye nyuma y’intsinzi ya Samia Suluhu Hassan mu matora yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025.
Ni amatora yabanjirijwe n’imyigaragambyo yiganjemo urubyiruko bavuga ko batishimiye uko amatora y’Umukuru w’Igihugu yateguwe.
Nyuma y’ayo matora benshi bahise bafungwa ndetse batangiye gushinjwa ibyaha byo kugambanira igihugu, binyuze mu gushishikariza abantu kujya mu myigaragambyo hagamijwe kwangiza amatora.
Mu bashinjwa harimo umugore w’umushoramari, Jenifer Jovin, ushinjwa gushishikariza abantu kugura mask zishobora guhangana n’imyuka ihumanya (tear gas) kugira ngo bakomeze imyigaragambyo nta nkomyi.
Iki cyaha kiramutse kibahamye bahanishwa igihano cyo gupfa, n’ubwo muri Tanzania akenshi iki gihano gihindurwa igifungo cya burundu.
Abashinjwa bazatangira kuburana ku wa 19 Ugushyingo 2025.
Nyuma yo kurahira Perezida Suhulu, yavuze ko iyi myigaragambyo yatijwe umurindi n’abanyamahanga batuye muri Tanzania.
Ku rundi ruhande ibindi bihugu bifite abaturage muri Tanzania byagaragaje ko bihangayikishijwe n’umutekano w’abaturage babyo bari muri Tanzania cyane cyane abo muri Kenya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yatangaje ko mu kwizera umutekano w’abaturage ba Kenya bari muri Tanzania yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Tanzania, Mahmoud Thabit Kombo.
Mudavadi yavuze ko Thabit yamubwiye ko umutekanio w’abanyamahanga uzakomeza kubungabungwa nk’ibasanzwe.
Kugeza uyu munsi haracyakusanwa imirambo y’abaguye mu myigaragambyo kugira ngo bazashyingurirwe rimwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *