skol

Tchad: Abarenga 300 bapfiriye mu mirwano yahuje abahinzi n’aborozi

Yanditswe: Thursday 06, Nov 2025

featured-image

Abantu 318 bamaze kugwa mu mirwano ikunze guhanganisha aborozi n’abahinzi ishingiye ku kuragira mu butaka buhinzwemo imyaka mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Tchad.

Abantu 33 bamaze gupfira mu mu mirwano ibahanganishije kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru tariki ya 3 Ugushyingo 2025.

Imirwano hagati y’izi mpande zombi ikunze kugaragara muri iki gihugu cyo muri Afurika yo hagati, aho abahinzi bakunze kwitotombera aborozi babashinja kuragira amatungo yabo mu mirima yahinzwemo imyaka, aborozi nabo bakavuga ko ubutaka abahinzi babumaze babuhingamo bityo amatungo yabo atakibona aho arisha.

Imibare yashyizwe ahagaragara n’ubutegetsi bwa Tchad igaragaza ko muri uyu mwaka wa 2025 hamaze gupfa abantu 136, mu gihe 166 bakomerekeye muri ayo makimbirane.

Ni ikibazo kimaze igihe ndetse n’abagwa muri ayo makimbirane bakagenda biyongera.

Mu mwaka wa 2024, hari hapfuye abantu 182, hakomereka 149 biganjemo abagore n’abana.

Kubera gukomeza gukimbirana hagati y’abo bahinzi n’abarozi, muri Gicurasi na Kamena ya 2025, abantu bagera ku 12,500 bimuwe mu byabo mu ntara za Logone Occidental na Mayo-Kebbi Ouest.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa