skol

Thailand: Minisitiri w’Intebe yegujwe azira guca bugufi

Yanditswe: Tuesday 01, Jul 2025

featured-image

Urukiko rwa Thailand rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga kuri uyu wa 1 Nyakanga 2025 rweguje Minisitiri w’Intebe, Paetongtarn Shinawatra, nyuma y’aho yumvikanye aca bugufi imbere ya Perezida wa Sena ya Cambodia, Hun Sen.

Thailand na Cambodia bihuriye ku mupaka ufite uburebure bwa kilometero 817, umaze imyaka myinshi uteza amakimbirane hagati y’impande zombi, yanatutumbyemo imirwano y’abasirikare.

Muri Gicurasi 2025, ingabo z’ibihugu byombi zirinda umupaka zarahanganye by’akanya gato, umusirikare umwe wa Cambodia aricwa nk’uko byasobanuwe na Minisiteri y’Ingabo y’iki gihugu.

Tariki ya 15 Kamena, Paetongtarn yahamagaye Hun kuri telefone, amwita ‘Se wabo’, anamusobanurira ko abasirikare ba Thailand bitwaye nabi ubwo barasanaga n’aba Cambodia.

Paetongtarn w’imyaka 38 y’amavuko yumvikanye abwira Hun ko abo mu gihugu cye bakomeje kumushyiraho igitutu, amusaba kudaha agaciro ibivugwa n’umuyobozi w’ingabo za Thailand zikorera mu majyaruguru y’iburasirazuba.

Minisitiri w’Intebe wa Thailand kandi yabwiye Hun ko abaye hari icyo ashaka kugira ngo amakimbirane y’ibihugu byombi ahagarare, yakimubwira kuko yiteguye kugikora.

Ishyaka Bhumjaithai riri muri Guverinoma y’Ubumwe ya Thailand ryabonye amajwi y’ikiganiro Paetongtarn yagiranye na Hun, ryamagana amagambo uyu muyobozi yavuze kuko ngo abangamira inyungu z’igihugu.

Mu rwego rwo kugaragaza ko amagambo ya Paetongtarn afite uburemere, ishyaka Bhumjaithai ryafashe icyemezo cyo kwikura muri Guverinoma, hasigaramo Pheu Thai ry’uyu muyobozi.

Abasenateri 36 bandikiye uru rukiko, barusaba kweguza Paetongtarn ku bwo kurenga ku biteganywa n’Itegeko Nshinga, kubera ikiganiro yagiranye na Hun.

Ubwo abacamanza bo muri uru rukiko bafataga icyemezo cyo kweguza Paetongtarn, basobanuye ko azaguma muri Guverinoma nka Minisitiri w’Umuco.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa