Trump agiye kwirukana Abanya-Somalia ku butaka bwa Amerika
Yanditswe: Wednesday 03, Dec 2025
Perezida Donald Trump yasabye Abanya-Somalia batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusubira aho baturutse kuko atabashaka muri iki gihugu.
Ibi Perezida Trump yabitangaje ku wa Kabiri tariki 2 Ukuboza 2025, nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yayoboye.
Yabwiye abanyamakuru ko Abanya-Somalia bakwiriye gusubira iwabo, ashimangira ko Somalia yahindutse igihugu kibi.
Ati “Ntabwo mbashaka (abimukira b’Abanya-Somalia) mu gihugu cyacu ndakubwiza ukuri. Umuntu ashobora kuvuga ati ibyo ntabwo aribyo muri politike, ariko ntabwo mbyitayeho. Ntabwo mbashaka mu gihugu cyacu. Hari impamvu igihugu cyabo atari cyiza, igihugu cyabo ni kibi, ntabwo mbashaka mu gihugu cyacu. Ibyo kandi nabivuga no ku bindi bihugu.”
Yakomeje avuga ko “Somalia ni ingirwagihugu, murabizi, nta kintu na kimwe bafite. Birirwa bicana.”
Muri iki kiganiro, Trump yibasiye Ilhan Omar wanditse amateka yo kuba Umudepite wa mbere muri Amerika ukomoka muri Somalia.
Yavuze ko uyu mugore “buri gihe ndamukurikirana, yanga buri wese, kandi ntekereza ko ari umuntu udafite ubumenyi n’ubushobozi (bwo gukora ibyo akora).”
Trump yatangaje ibi mu gihe inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika ziri gutegura gahunda yagutse yo gushakisha Abanya-Somalia batuye muri Minnesota ngo basubizwe iwabo.
Bivugwa ko iri genzura rizakorerwa cyane mu mijyi ya Minneapolis na St Paul. Imibare igaragaza ko ibi bice bituwe n’Abanya-Somalia ibihumbi 80.
Trump asanzwe adakozwe ibijyanye n’abimukira, gusa yarushijeho kubibasira nyuma y’uko mu minsi ishize abasirikare babiri ba Amerika bishwe barashwe n’umwimukira ukomoka muri Afghanistan.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *