skol

Trump byakekwaga ko arembye yagaragaye ari mutaraga

Yanditswe: Monday 06, Apr 2026

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kugaragara mu ruhame, nyuma y’uko hari hamaze iminsi hari amakuru avuga ko arembye cyane.

TMZ yanditse ko ku Cyumweru, Donald Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame ubwo yerekezaga mu biro bya Perezida, White House, aho yari yiriwe ku kibuga cye cya golf kiri Virginia.

Ibi byaciye ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko Trump arembye.

Amakuru y’uburwayi bwa Trump yatangiye gukwirakwizwa ku mbuga mu mpera z’icyumweru gishize. Yavugaga ko arwariye mu bitaro bya Walter Reed Medical Center mu gace ka Bethesda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa