Trump yababariye abashinjwe kugerageza gutesha agaciro amatora yo mu 2020
Yanditswe: Monday 10, Nov 2025
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yababariye abantu bakurikiranywe n’ubutabera bashinjwa gushaka kuburizamo amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu Ugushyingo 2020, yegukanywe na Joe Biden.
Tariki ya 6 Mutarama 2021, ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko i Washington D.C habereye imyigaragambyo ikomeye y’abashyigikiye Trump ubwo hari hagiye kwemezwa intsinzi ya Biden.
Iyi myigaragambyo yaranzwe n’urugomo rukomeye yari umusaruro w’ubukangurambaga Perezida Trump yari amaze amezi abiri akora, asobanura ko amajwi y’abamutoye muri Leta ya Georgia yibwe.
Abenshi bigaragambije n’inshuti za Perezida Trump zakwirakwije ubutumwa buvuga ko yibwe amajwi barafunzwe, bashinjwa kugira umugambi wo gushaka gutesha agaciro amatora binyuze mu nzira zinyuranyije n’amategeko.
Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe ibijyanye no gutanga imbabazi, Ed Martin, kuri uyu wa 10 Ugushyingo yatangaje urutonde rurerure rw’abenshi bababariwe mu bari bakurikiranywe muri iyi dosiye.
Icyemezo kiriho uru rutonde kigira kiti: “Iri tangazo rihagaritse akarengane gakomeye ko ku rwego rw’igihugu kagiriwe Abanyamerika nyuma y’amatora ya Perezida yabaye mu 2020, rigakomeza urugendo rw’ubwiyunge.”
Mu babariwe harimo Rudy Giuliani na Sidney Powell babaye abanyamategeko ba Perezida Trump na Mark Meadows wabaye Umuyobozi w’ibiro bya Trump.
Martin yasobanuye ko hari abatababariwe nk’umunyapolitiki Tina Peters wakatiwe igifungo cy’imyaka icyenda ariko ko Leta ya Amerika iri gukora ibishoboka kugira ngo ikibazo cyabo gikemuke.
Abitabiriye iyi myigaragambyo bahamyaga ko amajwi ya Trump yibwe

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *