Trump yaciye amarenga yo kugenzura Venezuela imyaka n’imyaka
Yanditswe: Friday 09, Jan 2026
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko Amerika ishobora gukomeza kugenzura Venezuela imyaka n’imyaka.
Ibi yabitangaje kuri uyu wa 8 Mutarama 2026, mu kiganiro yagiranye na The New York Times yavuze ko “igihe ni cyo kizatubwira” igihe bizafata mu kugenzura Vanezuela.
Ni nyuma y’uko ku wa 3 Mutarama 2026 Ingabo za Amerika zafashe Nicolás Maduro n’umugore we bajyanwa muri Amerika aho bakuriranyweho iterabwoba rishingiye ku bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.
Trump ntiyanavuze niba muri Venezuela hazaba amatora hagamijwe gusimbura Delcy Rodríguez uri kuyobora iki gihugu gikize kuri peteroli, by’agateganyo.
Trump yavuze ko Umunyamabanga wa Amerika Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, ari gukorana na bya hafi na Rodríguez.
Ati “Ari kuduha icyo ari cyo cyose twumva ko ari ingenzi.”
Yavuze ko Amerika izagenzura ibikomoka kuri peteroli no kuyikoresha, icyakora bizatwara igihe mu gusana no gutangiza inganda zibitunganya.
Ku wa 5 Mutarama 2025 ni bwo Nicolás Maduro yagejejwe imbere mu rukiko rwa Manhattan muri Leta ya New York, akuwe muri Gereza ya Brooklyn.
Icyo gihe yagaragaje ko akiri perezida w’iki gihugu cyo muri Amerika y’Amajyepfo, ahakana ibyaha byose ashinjwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *