skol

Trump yahagaritse uruhushya rwemerera abimukira b’Abanya-Somalia kuba muri Amerika

Yanditswe: Wednesday 14, Jan 2026

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yakuyeho uruhushya rwahaga Abanya-Somalia uburenganzira bwo kuba muri iki gihugu nk’abantu baturuka mu gihugu kirimo amakimbirane.

Uru ruhushya rwa TPS (Temporary Protected Status) ruhabwa abanyamahanga baturuka mu bihugu birimo intambara ndetse n’umutekano muke, bakaba baguma muri Amerika badasubijwe iwabo nk’abandi bimukira.

Ni uruhushya rwakuweho ku wa 13 Mutarama 2026, aho kuri ubu Abanya-Somalia babaga muri Amerika muri ubu buryo basabwa kuba bavuye muri iki gihugu bitarenze ku wa 17 Werurwe 2026, bitabaye ibyo bagasubizwa iwabo.

Ibi bibaye mu gihe Leta ya Minnesota izwiho kuba ituwe n’Abanya-Somalia benshi imaze iminsi igarukakwaho na Trump avuga ko habaye indiri yo kunyereza amafaranga no gutera inkunga imitwe y’itarabwoba yo muri Somalia irimo Al-Shabaab.

Mu Ugushyingo 2025 ni bwo Trump yavuze ko agiye gukuraho uru ruhushya ku Banya-Somalia baba muri iyi leta, gusa nyuma byaje kurangira bibaye abo mu gihugu hose, nk’uko Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu, Kristi Noem yabivuze.

Ati “Ibintu muri Somalia bisigaye bimeze neza kugeza aho itakiri mu bihugu byujuje ibisabwa bijyanye n’itegeko ry’uru ruhushya. Gukomeza kwemerera Abanya-Somalia kuguma muri Amerika by’agateganyo bihabanye n’inyungu z’igihugu. Abanyamerika nibo dushyize imbere.”

Muri Amerika habarurwa Abanya-Somalia 2000 bafite uru ruhushya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa