skol

Trump yahaye ishimwe umupilote wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Maduro

Yanditswe: Friday 27, Feb 2026

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yambitse umudali w’ishimwe umupilote wa kajugujugu ya gisirikare wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Nicolas Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela.

Warrant Officer 5 Eric Slover w’imyaka 45 y’amavuko, yambitswe uriya mudali ubwo Trump yagezaga ku Banyamerika ijambo ngarukamwaka rizwi nka the State of the Union.

Trump yamushimiye ku bw’ubutwari budasanzwe yagaragaje, muri Operasiyo ya gisirikare yabaye ku wa 3 Mutarama ubwo Maduro yafatwaga.

Iyo Operasiyo yari yiswe ‘Operation Absolute Resolve’, yabereye mu ijoro mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas, ikorerwa mu kigo cya gisirikare cyari kirinzwe bikomeye.

Slover wari utwaye indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa CH-47 Chinook ni we wari uyoboye igitero cyo mu kirere, ariko indege ye iza kuraswaho bikomeye n’inzego zishinzwe umutekano za Venezuela.

N’ubwo yarashwe inshuro nyinshi mu maguru no mu kibuno, agakomeza kuva amaraso menshi, Slover yanze kurekura kuyobora indege. Yakomeje kuyigenzura neza, bituma abasirikare bagenzi be bari bayirimo babasha guhashya abarasanaga na bo.

N’ubwo yarashwe inshuro nyinshi mu maguru no mu kibuno, agakomeza kuva amaraso menshi, Slover yanze kurekura kuyobora indege. Yakomeje kuyigenzura neza, bituma abasirikare bagenzi be bari bayirimo babasha guhashya abarasanaga na bo.

Ibi byarinze indege guhanuka ndetse bituma abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) bagera aho bagombaga kugaba igitero.

Nyuma yo kugeza neza abo basirikare aho bagombaga gukorera ubutumwa, Slover yahaye uwari umwungirije inshingano zo gutwara indege, mbere yo guta ubwenge bitewe no gutakaza amaraso menshi.

Nyuma yo kugeza neza abo basirikare aho bagombaga gukorera ubutumwa, Slover yahaye uwari umwungirije inshingano zo gutwara indege, mbere yo guta ubwenge bitewe no gutakaza amaraso menshi.

Slover yambitswe na Trump uriya mudali ari kumwe n’umugore we, gusa aracyafashwa kugenda kubera ibikomere yagize.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa