skol

Trump yajyanwe mu nkiko

Yanditswe: Monday 06, Oct 2025

featured-image

Leta za California n’iya Oregon zareze ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump mu rukiko, ku bwo gufata icyemezo cyo kohereza abasirikare 200 mu mujyi wa Portland.

Iki gikorwa gikurikiye imyigaragambyo yabereye mu mijyi itandukanye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganaga uburyo Trump akoresha mu guhagarika abimukira no gukoresha ingabo mu bikorwa by’imbere mu gihugu.

Guverineri wa Leta ya California wo mu Ishya ry’Aba-Democrates, Gavin Newsom, yavuze ko iki gikorwa ari ugukoresha nabi ububasha umuntu ahabwa n’amategeko.

Urukiko rwa Oregon rwahise rutegeka ko abasirikare bahagarikwa by’agateganyo, kugeza nibura ku wa 19 Ukwakira 2025, mu gihe urubanza rukomeje.

Trump we yatangaje ko kohereza ingabo muri uyu mujyi ari ngombwa kuko Portland iri mu bibazo bikomeye, ariko abayobozi bo muri uwo mujyi bagahakana ibi, bavuga ko nta bibazo bihari.

Izi mpaka zagaragaje kutumvikana hagati ya Leta zimwe na Guverinoma ya Trump ku bijyanye no gukoresha ingabo mu gihugu imbere, mu gihe imyigaragambyo ikomeje kwiyongera mu mijyi irimo Portland, Seattle, San Francisco, na Denver.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa