skol

Trump yandagaje umunyamakuru

Yanditswe: Wednesday 19, Nov 2025

featured-image

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yandagaje umunyamakuru wabajije Igikomangoma cya Arabie Saoudite, Mohammed Bin Salman, iyicwa ry’umunyamakuru Jamal Khashoggi.

Perezida Trump yabwiye umunyamakuru Mary Bruce wa ABC News ko abantu bazi amanyanga ye, ndetse ko ikigo akorera ari kimwe mu bibi gikwiriye no kwamburwa urushushya rwo gukora.

Ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo, 2025, Perezida Donald Trump muri White House yari yakiriye Mohammed bin Salman, Igikomangoma akaba n’Umuragwangoma wa Arabie Saoudite.

Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru, umwe mu banyamakuru yabajije Igikomangoma Mohammed bin Salman ibijyane n’urupfu rw’umunyamakuru Jamal Khashoggi waburiwe irengero nyuma yo kwinjira muri Ambasade ya Arabie Saoudite iri Istanbul muri Turukiya mu 2018, akaza kuboneka yapfuye.

Urupfu rwe rwakangaranyije amahanga, ibihugu byinshi bibyegeka kuri Arabie Saoudite ko ari yo yamuhitanye.

Umunyamakuru Mary Bruce wa ABC News yabajije ibijyanye n’urupfu rwa Khashoggi, Perezida Trump amwuka inabi amusubiza ko ari kubaza umuntu utandukanye.

Ati: “Uri gusuzugura umushyitsi wacu. Abantu benshi ntibakunda uwo mugabo uri kubazaho [Jamal Khashoggi], waba umukunda cyangwa utamukunda.”

Perezida Trump yakomeje avuga ko Igikomangoma Bin Salman ntacyo azi ku rupfu rwa Jamal Khashoggi.

Muri 2021, Leta zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko Igikomangoma bin Salman ari we wemeje gahunda yo ‘kwica cyangwa gufata’ umunyamakuru Jamal Khashoggi.

Igikomangoma Mohammed bin Salman na we ubwe yavuze ko nta kibi yakoze, ko Arabie Saoudite yakoze byose byiza ku iperereza ku cyateye urupfu rwa Jamal.

Umunyamakuru Khashoggi wari warahungiye muri Amerika, ni umwe mu bataravugaga rumwe na Arabia Saoudite kandi yarahoze ari umujyanama w’ibwami.

Khashoggi yaburiwe irengero tariki ya 2 Ukwakira 2018, nyuma yo kwinjira mu nyubako ikoreramo uhagarariye Arabie Saoudite muri Turikiya agiye gusaba ibyangombwa bimwemerera gushyingiranwa n’Umunya-Turikiya, Hatice Cengiz, ariko agenda ubutagaruka.

Mu 2020 Leta ya Arabie Saoudite yavuze ko hari abantu batanu bakatiwe igihano cy’urupfu bashinjwa kwica uwo munyamakuru.

Trump yutse inabi umunyamakuru wamubajije ibya Epstein

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa