skol

Trump yanze ko ikiraro gihuza Amerika na Canada gitahwa

Yanditswe: Tuesday 10, Feb 2026

featured-image

Perezida Donald Trump yavuze ko atazemera ko ikiraro gishya gihuza Canada na Leta zunze Ubumwe za Amerika, gitahwa, kuko ngo Canada itubaha Amerika.

Ni ubutumwa, uyu mutegetsi umaze igihe yikoma Canada yanditse ku rubuga rwe rwa Truth Social.

Perezida Trump yanditse ko atazemera ko ikiraro gishya kiswe ‘Gordie Howe International Bridge’ gihuza Umujyi wa Windsor muri Canaba n’uwa Detroit muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, gitahwa kugeza igihe Amerika izaba yishyuwe ibyo yagitanzeho.

Ati “Kandi nanone icy’ingenzi, ni uko Canada igomba gufata Leta zunze Ubumwe za Amerika mu cyubahiro dukwiye. Ibiganiro tuzabitangira ako kanya.”

Canada ivuga ko iki kiraro gifite uburebure burenga kilometero imwe, cyubatswe n’arenga miliyari enye mu modarali ya Amerika yose yatanzwe nayo ariko ko kigengwa na Ottawa ndetse na Leta ya Michigan nk’uko babisinye mu masezerano ya 2012.

Trump amaze igihe yikoma Canada, ahanini ayishinja kutubaha Amerika ndetse no guhahirana cyane n’u Bushinwa.

Trump yakangishije Canada umusoro mwinshi ndetse mu bihe bitandukanye yagiye avuga ko Canada ikwiriye kwemera ikaba leta ya 51 ya Amerika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa