skol
fortebet

Trump yatangaje ko Iran imuhiga bukware

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Thursday 09, Jul 2026

Trump yatangaje ko Iran imuhiga bukware

Sponsored Ad

skol

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Iran imuhiga bukware, avuga ko ari we muntu wa mbere kiriya gihugu gishaka kwivugana.

Ibi yabivugiye i Ankara muri Turikiya ubwo yaganiraga n’abanyamakuru nyuma y’inama ya NATO.. Trump yavuze ko Amerika ifite ubushobozi bukomeye bwa gisirikare, ko ingabo zayo zamaze gushegesha Iran.

Yagize ati “Bari bafite abayobozi, baragiye; bazanye abandi, na bo baragiye. Ubu bafite abandi, na bo bashobora kugenda. Nanjye bashobora kunyivugana, kuko ndi uwa mbere bashaka.”

Yakomeje avuga ko nubwo abizi, adatewe ubwoba kuko ngo ari gukora igikwiye ku gihugu cye no ku Isi.

Ubwo yabazwaga niba azava muri Turikiya akoresheje indege isanzwe ya Air Force One aho gukoresha indi nshya yahawe na Qatar, kubera impungenge z’umutekano, Trump ntiyatanze igisubizo Ahubwo yavuze ko “ubuzima bwa Perezida buba buri mu byago byinshi”.

Yavuze ko kuba Perezida biteye akaga, agereranya ibyago perezida aba ashobora guhura nabyo n’iby’abatwara imodoka z’amasiganwa. Yongeyeho ko iyo abimenya mbere, wenda atari kwiyamamaza.

Icyakora Trump yavuze ko atitaye cyane ku byo yise iterabwoba, kuko ngo ari gukora akazi ke. Yateye urwenya avuga ko yakwishimira kuba uwa mbere kuri TikTok, kurusha kuba uwa mbere ku rutonde rw’abagomba kwicwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa