Perezida Donald Trump yatangaje ko amasezerano agamije guhagarika amakimbirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran ashobora gusinywa kuri iki Cyumweru, nubwo Iran yo ikomeje kugaragaza gushidikanya ku gihe nyacyo ayo masezerano azashyirirwaho umukono.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko nyuma y’isinywa ry’ayo masezerano, umuhora wa Hormuz, umwe mu mihora y’ingenzi ikoreshwa mu bwikorezi bwo mu nyanja ku rwego mpuzamahanga, uzafungurirwa ibihugu byose.
Pakistan, iri mu bihugu byagize uruhare rukomeye mu guhuza impande zombi mu biganiro, yatangaje ko hari icyizere ko ayo masezerano azarangira mu masaha make ari imbere, ndetse ko hateganyijwe kuyasinya hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Mbere y’itangazo rya Trump, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei, yari yavuze ko hakiri kare kwemeza itariki nyayo y’isinywa ry’ayo masezerano. Yavuze ko ari ngombwa kubanza gutegereza no kureba uko ibintu bizagenda, nubwo byari bitateganyijwe ko ayo masezerano asinywa kuri uwo munsi.
Ku rubuga rwa Truth Social, Trump yanditse ko ayo masezerano ateganyijwe gusinywa kuri iki Cyumweru kandi ko ako kanya umuhora wa Hormuz uzahita ufungurwa ku bantu bose bawukoresha.
Yanakomoje ku bubiko bwa uranium Iran ifite, avuga ko igihe ibintu bizaba byaratuje kandi byose bikagenda neza, hazakorwa igikorwa cyo gukuraho ibisigazwa bya gahunda ya nikleyeri, nyuma yaho bikaza no gusenywa burundu.
Hashize imyaka myinshi Iran ishinjwa n’ibihugu byinshi byo mu Burengerazuba bwo gushaka gukora intwaro za nikleyeri. Icyakora, Iran ihora ihakana ibyo birego, igasobanura ko gahunda yayo ya nikleyeri igamije ibikorwa by’amahoro birimo gutanga amashanyarazi no gukora ubushakashatsi bwa siyansi.
Trump kandi yatanze umuburo ko niba ayo masezerano atagerwaho mu buryo bwihuse kandi butarangwamo ibibazo, Amerika ifite ubundi buryo ishobora kwifashisha, nubwo yavuze ko yifuza ko butazigera bukoreshwa.
Ibitekerezo
Turabashimira ku makurumutugyezaho